• Amakuru / MU-RWANDA


Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko imyanzuro yafatiwe mu Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19, yabaye mu mwaka wa 2024, imaze gushyirwa mu bikorwa ku kigero kirenga 80%, ibintu byagaragaje intambwe ishimishije mu ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemezo bigamije guteza imbere imibereho y’Abanyarwanda.

Ibi byatangajwe mu isesengura rya Guverinoma ryerekana aho ishyirwa mu bikorwa ry’iyo myanzuro rigeze, aho hagarutswe ku byagezweho mu ngeri zitandukanye zirimo ubukungu, imibereho myiza, imirimo n’imiyoborere.

Mu rwego rw’ubukungu, Guverinoma yatangaje ko ishoramari ry’Abanyarwanda baba mu mahanga (Diaspora) ryageze kuri miliyoni 35 z’amadolari ya Amerika, rikaba rifatwa nk’ikimenyetso cy’icyizere bagirira igihugu cyabo n’amahirwe y’ishoramari rihari.

Ni mu gihe kandi mu rwego rwo guteza imbere imirimo n’imibereho y’abaturage, abarenga ibihumbi 370 babonye akazi binyuze mu dukiriro dutandukanye twashyizweho hirya no hino mu gihugu, bigira uruhare mu kugabanya ubushomeri no guteza imbere imibereho y’imiryango myinshi.

Guverinoma yagaragaje ko iyi ntambwe imaze guterwa ishingiye ku bufatanye bw’inzego zitandukanye za Leta, inzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa mu iterambere, bikaba byarafashije mu gushyira mu bikorwa imyanzuro y’Umushyikirano mu buryo bufatika.

Yongeyeho ko ingamba zisigaye zigikorwa, hagamijwe ko imyanzuro yose y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19 ishyirwa mu bikorwa ku rwego rwisumbuye, no gukomeza kunoza politiki n’ingamba zigamije iterambere rirambye ry’igihugu.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments