• Amakuru / MU-RWANDA


Turahirwa Moses, umuyobozi w’inzu y’imideli ya Moshions uzwi cyane mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga, yajuririye mu Rukiko Rukuru igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi.

Uyu munyamideli yari akurikiranyweho ibyaha bibiri birimo gukoresha ibiyobyabwenge no gutunda no kubika ibiyobyabwenge. Ubushinjacyaha bwavugaga ko yakoze ibi byaha mu bihe bitandukanye, busaba ko akatirwa ibihano bikwiye hakurikijwe amategeko.

Mu iburanisha, Turahirwa Moses yemeye icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, asaba imbabazi sosiyete nyarwanda, anagaragaza ko afite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe byamugizeho ingaruka ku myitwarire ye, bigatuma afata imyanzuro idatekerejweho, irimo no gukoresha ibiyobyabwenge.

Yabwiye urukiko ko yamaze gufata ingamba zo kwivana muri uwo muco, zirimo kwitabwaho n’abaganga guhera muri Gashyantare 2025. Yongeyeho ko afite umuganga wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika wamufashaga mu bujyanama no kumukurikirana mu buzima bwe bwo mu mutwe.

Ku rundi ruhande, Turahirwa yahakanye icyaha cyo gutunda no kubika ibiyobyabwenge, avuga ko atigeze abigira, anasaba urukiko gusuzuma neza ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha.

Nyuma yo gusesengura urubanza, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ibimenyetso bitari bihagije ngo Turahirwa ahamwe n’icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge byo mu bwoko bw’urumogi, bityo rumugira umwere kuri icyo cyaha. Icyakora, rwemeje ko ahamwa n’icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, rumukatira igihano cy’igifungo cy’umwaka umwe, rukanamusonera amagarama y’urubanza.

Iki cyemezo cyafashwe mu Ukuboza 2025, bituma ku wa 28 Ukuboza 2025 Turahirwa Moses ajuririra mu Rukiko Rukuru, ikirego cye cyakirwa ku wa 29 Ukuboza 2025. Kugeza ubu, aracyategereje ko urubanza rwe ruhabwa itariki yo kuburanishwa ku rwego rw’ubujurire.

Turahirwa Moses yamenyekanye cyane mu ruganda rw’imideli binyuze mu nzu y’imideli ya Moshions yashinze, imaze kwitabira ibirori n’amamurikagurisha atandukanye mu Rwanda no mu mahanga, bikamuhesha izina rikomeye mu myidagaduro n’ubuhanzi bw’imideli.

Ku wa 22 Mata 2025, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yemeje ko uru rwego rwataye muri yombi Turahirwa Moses, rumukurikiranyeho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, mbere y’uko dosiye ye ishyikirizwa Ubushinjacyaha.

Urubanza rwe rukomeje gukurikiranwa n’abatari bake, cyane cyane mu bakurikira urwego rw’ubutabera n’inganda z’imyidagaduro, aho benshi bategereje icyemezo cy’Urukiko Rukuru ku bujurire bwe.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments