Abakozi
batatu b’Akarere ka Rubavu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge,
Umunyababanga Nshingwabikorwa w’Akagari n’Umukozi w’Urwego rushinzwe
kunganira Akarere mu mutekano (DASSO) mu Murenge wa Bugeshi, banditse basezera
ku mirimo.
Abasezeye ni
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo Nyaransengiyumva Monique,
uw’Akagari ka Terimbere Mujawase Annualite n’Umuhuzabikorwa rwa DASSO mu
Murenge wa Bugeshi Dushimire Donatien.
Umuyobozi
w’Akarere ka Rubavu Mulindwa Prospère, umunyamakuru wa BTN Rwanda mu karere ka
Rubavu ko amabaruwa yabo bayobozi
asezera yamugezeho
Ati: “Ayo
makuru ni yo. Bose uko ari batatu banditse bavuga ko basezeye ku mpamvu zabo
bwite.”
Yakomeje
ati: “Icyakora Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Terimbere Mujawase
Annualite we yanasezeye hashingiwe kuri raporo z’ubugenzuzi zigaragaza amakosa
ye mu kubahiriza ishyirwa mu bikorwa ry’igishushanyo mbonera cy’imikoreshereze
y’ubutaka mu ifasi yayoboraga.”
Yakomeje
avuga ko kuba basazereye rimwe ari batatu bitavuze ko hari byacitse iri mu
Karere ayoboye, kandi ngo nta n’icyuho kiri bugaragare mu mitangire ya serivisi
bari bashinzwe.
Yongeyeho
ati: “Gusezera ni ngombwa iyo umuyobozi yisuzumye agasanga hari ibyo adakora
neza kandi bikenewe mu kwihutisha iterambere.”
Yahaye
ubutumwa abandi bayobozi agira ati: “Abayobozi basigaye bazirikane ko icyo
dusabwa ari ugushyira umuturage ku isonga, gukurikiza amategeko no kubazwa
inshingano.”
Hari amakuru
avuga ko uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Terimbere Mujawase
Annualite, yabanje kwanga kwandika ibaruwa isezera atemera amakosa avugwaho,
aza kubyemera nyuma amaze kuyasobanurirwa neza.
Like This Post? Related Posts