• Amakuru / MU-RWANDA


Bamwe mu bagore batuye mu murenge wa Gasaka mu gace kazwi nko mu Gasitwe ho mu mujyi w’akarere ka Nyamagabe bavuga ko babangamiwe n’uwitwa  Habyarimana Jean Baptiste uzwi ku kazina ka John Gisazi wazonze abagore yiyitirira imitungo y'abandi akababeshya ko ari iye, kugira ngo abasambanye aho bamuvumburiye akabahohotera.

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buvuga ko iki kibazo butari bukizi ariko bugiye kugikurikirana.

Uyu Nyirahabimana Francine nawe uvuga ko aherutse kubimukora, aho nawe ngo yahavuye nta nkuru bitewe n’uko yahavuye mu ijro yari yamuraje ku nkeke amubwira ko aramwica nyamara ibyo amuhora ari amaherere. Nyuna nawe ngo yabajije abaturanyi bamubwira ko Jean Baptiste ibyo ahora abikora atariwe wa mbere yaba agenje atyo.

Francine n’aba baturage kandi bavuga ko ari ikibazo kibabangamiye ndetse batumva impamvu umuntu ahora akora ibikorwa nk’ibi bigayitse ariko agakomeza kwidegembya ibyo bo bafata nk’ubuhazi bugira ingaruka zikomeye ku bo aba yahemukiye muri ubwo buryo.

Muri rusange bifuza ko ubuyobozi n’abandi babifite mu nshingano bakemura iki kibazo mu maguru mashya kandi mu buryo burambye.

Habyarimana Jean Baptiste uzwi ku kazina ka John Gisazi we ku murongo wa Telephoni yahakaniye Bplus Tv iby’aya makuru amuvugwaho ko ari ukumuharabika, yongeraho ko Francine baherutse kugirana ikibazo atari we wabaye intandaro.

Kuri iki kibazo Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage UWAMARIYA Agnes mu butumwa bugufi yanyujije kuri whatsapp yabwiye Bplus Tv ko atarakizi hamwe n’uyu muturage, ariko agiye kugikurikirana kugira ngo gikemuke.

Ku ruhande rw’uyu Francine we avuga ko nyuma yo ku mushukashuka amwizeza ibitangaza by’imitungo itari iye ngo babane bikagenda gutyo, kubana kwabo byamaze iminsi 10 yonyine, ngo aho amutahuriye ashaka no kumwica ahitamo gukuramo ake karenge ubwo n’ibikoresho byose yari yarajyanye yabisizeyo magingo aya akaba asaba ubuyobozi kujya kubimuhesha.

Ababirebera ku ruhande kandi bemeza ko atari ibintu by’I Rwanda kwiyitirira imitungo itari iyawe ugamije inyungu zawe bwite no guhemukira abantu bene ako kageni bagasaba ko byahagarara.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments