Denis Sassou
Nguesso agiye kwongera kwiyamamariza
manda ya gatanu ku buyobozi bwa Repubulika ya Congo, mu matora ateganyijwe ku
wa 15 Werurwe utaha.
Ku wa 5
Gashyantare, Ubwo yari mu imurikagurisha
ry’ubuhinzi ryabereye i Ignié, nko muri kilometero 60 uvuye i Brazzaville,
Perezida wa Congo Denis Sassou Nguesso w’imyaka 82, umaze imyaka irenga 40 ku
butegetsi, yatangaje ku mugaragaro ko yifuza kongera gukomeza kuyobora igihugu
cye avuye ku Ngoro ya Rubanda.
Denis Sassou
Nguesso yamaze kwemezwa nk’umukandida mu matora y’umukuru w’igihugu n’ishyaka
rye PCT (Parti congolais du Travail) mu kwezi kwa Mutarama, bituma atangira
ibikorwa bisa n’ubukangurambaga bwabanje, azenguruka intara zitandukanye
z’igihugu afite igitabo cyamamaza kigaragaza imishinga ya manda ye iheruka ya
2021–2026 ndetse n’amasezerano atanga ku yo azakora mu gihe yazongera
gutorerwa.
Kubera ko
nta opozisiyo ikomeye ihari, Denis Sassou Nguesso asa n’uwizeye gukomeza
gutegeka igihugu gifite ubukungu bwazahajwe n’imyenda myinshi, mu gihe kandi
hari umwuka mubi w’imyigaragambyo n’ubwumvikane buke mu nzego zitandukanye za
Leta n’izikorera Leta.
Imiryango
itari iya Leta ikomeje kwamagana ruswa,
aho mu byaherukaga, harimo kompanyi ya peteroli yo muri Norvege yashinjwe kuba
yarahaye Perezida Denis Sassou Nguesso n’umuryango we za miliyoni z’amadolari
mu buryo bwa ruswa. Ibi birego byahakanywe n’umuvugizi wa Leta, Thierry
Moungalla, wabise “ibihuha bigamije guharabika.”