• Amakuru / MU-RWANDA

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Amb Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, yatangaje ko kuva Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yatangira mu 2003 yafashjije u Rwanda kwagura umubano n’Amahanga aho za Ambasade zarwo zavuye kuri 20 zigera kuri 50 mu myaka 23 ishize.

Ibi  yabigarutseho  kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Gashyantare 2026, mu kiganiro yahaye abitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 20, cyagaruka ku buryo u Rwanda ruhagaze mu ruhando mpuzamahanga muri iki gihe.

Amb Nduhungirehe yashimangiye ko u Rwanda ruhagaze neza mu ruhando mpuzamahanga kandi rukaba umufatanyabikorwa wizewe kandi wubahwa n’amahanga kubera ibikorwa rwagaragaje bitanga umusaruro.

Yavuze ko kuva Umushyikirano watangira mu 2003 u Rwanda rwaguye amarembo, aho icyo gihe rwari rufite Ambasade 20 none ubu zimaze kugera muri 50 ndetse n’amahanga afungura izindi mu Rwanda.

Ati: “N’Ambasade z’Amahanga [zibarizwa mu Rwanda] zariyongereye kuko muri 2003 twari dufite 16 gusa, ubu zimaze kuba 47.”

Yakomeje avuga ko n’Imiryango Mpuzamahanga yamaze gushyira icyicaro mu Rwanda, ikaba igera kuri 22.

Uwo muyobozi yavuze ko u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu guteza imbere imiryango mpuzamahanga rurimo, irimo uw’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth) ndetse n’uw’ibikoresha Igifaransa ku Isi (Francophie), aho ubu uwo uyoborwa n’Umunyarwandakazi Mushikiwabo Louise kandi u Rwanda ruherutse kongera ku mutangaho umukandida mu matora y’Umunyabanga Mukuru azaba muri uyu mwaka wa 2026.

Amb. Nduhungirehe yasabye Abanyarwanda kuzamushyigikira bose kugira ngo azongere atorerwa manda ya Gatatu.

Yakomeje ati: “Tugira n’uruhare mu kubaka Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), na Perezida wa Repubulika, akaba yarasabwe kuyobora akana ko kuwuvugurura.”

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yashimangiye ko umubano w’u Rwanda n’amahanga wifashe neza kandi ruzakomeza kuwushimangira no kuwuteza imbere.

Muri Nzeri 2025, Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda, yatangeje ko kuva u Rwanda rwakohereza ingabo i Darfur mu 2004, rumaze kohereza ingabo zirenga ibihumbi 80 mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro mu bice bitandukanye by’Isi.

Yavuze ko ibyo byatumye ubu u Rwanda rubarwa igihugu cya kabiri ku Isi mu gutanga abasirikare n’abapolisi benshi mu butumwa bwa Loni, rukaba urwa mbere muri Afurika.

Ni mu gihe kandi Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) Louise Mushikiwabo, yatangaje ko mu myaka amaze ayobora uyu muryango, hashyizweho gahunda zigamije gufasha urubyiruko kubona akazi, iterambere ry’abagore no kwigisha Igifaransa mu bihugu bitandukanye kandi byose bigenda neza.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments