• Ikoranabuhanga / MURANDASI

 U Rwanda rwongeye kwigaragaza ku rwego mpuzamahanga nyuma y’uko IremboGov, urubuga rwifashishwa mu gutanga serivisi za Leta hifashishijwe ikoranabuhanga, rwegukanye igihembo cya Best Government Service in the World mu marushanwa ya GovTech Prize 2026.

Iki gihembo cyatanzwe ku wa 4 Gashyantare 2026, mu nama mpuzamahanga ya World Government Summit yabereye i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), nk’uko byatangajwe na Ambasade y’u Rwanda muri UAE.

Iri shimwe ryahawe IremboGov, urubuga rwakozwe na sosiyete IREMBO, mu rwego rwo gushimira uruhare rukomeye rufite mu guteza imbere no kunoza serivisi za Leta zitangirwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Igihembo cyakiriwe mu izina rya Leta y’u Rwanda na Ambasaderi w’u Rwanda muri UAE, John Mirenge, afatanyije na Estelle Kayitesi, Umuyobozi ushinzwe Politiki n’Ubufatanye muri IREMBO.

GovTech Prize 2026 igamije gushimira ibihugu n’inzego za Leta ku isi hose zashyize imbere ibisubizo bishingiye ku ikoranabuhanga bigamije kunoza serivisi zihabwa abaturage.

Aya marushanwa ni igice cya World Government Summit, inama mpuzamahanga yatangijwe mu 2013, ihuza abayobozi ba Leta, impuguke n’abikorera ku giti cyabo kugira ngo baganire ku mbogamizi z’imiyoborere n’uruhare rw’ikoranabuhanga mu kuzishakira ibisubizo.

Inama ya 2026, yabaye kuva ku wa 3 kugeza ku wa 5 Gashyantare, yitabiriwe n’abaturutse mu bihugu birenga 150. Aya marushanwa ategurwa buri mwaka muri UAE, aho mu myaka icumi ishize hakiriwe ubusabe ibihumbi byinshi buturutse mu bihugu 126.

U Rwanda rumaze igihe rushora imari ikomeye mu gushyira serivisi za Leta mu ikoranabuhanga, bigafasha abaturage kubona serivisi badakeneye kujya ku biro bya Leta.

Kugeza mu 2024, serivisi za Leta zigera kuri 680 zari zimaze gushyirwa kuri murandasi. Ibi bijyana no kwagura ibikorwaremezo by’itumanaho.

Nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), abarenga miliyoni 12 bafite kandi bakoresha telefone zigendanwa, mu gihe miliyoni 9 bakoresha internet.

Urubuga IremboGov rwatangijwe mu 2015, ubu rukaba rutangirwaho serivisi za Leta zirenga 240. Imibare igaragaza ko buri kwezi rutunganya ubusabe burenga 500,000, aho 80% by’ubwishyu bikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.

Iri shimwe rishimangira uko u Rwanda rukomeje kwiyubakira izina nk’igihugu kiyoboye mu gukoresha ikoranabuhanga mu kunoza serivisi za Leta, no guteza imbere imiyoborere ishingiye ku ikoranabuhanga rigezweho.

 

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments