• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Perezida wa Misiri Abdel Fattah el-Sissi yakiriye ku Cyumweru Perezida wa Somaliya Hassan Sheikh Mohamud mu ngoro ya perezida i Cairo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru bombi bagiranye, Abdel Fattah el-Sissi yongeye gushimangira “inkunga idahungabanywa Misiri ifitiye ubumwe n’ubusugire bw’ubutaka bwa Somaliya.”

Umukuru w’igihugu cya Misiri yatangaje ko baganiriye ku “uruhare ruteganyijwe” rwa Misiri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (UA) muri Somaliya.

Yagize ati: “Ku bw’uruzinduko rwanyu, Nyakubahwa, ndashaka kongera gushimangira inkunga idahungabanywa Misiri ifitiye ubumwe n’ubusugire bw’ubutaka bw’igihugu cyacu cy’inshuti, Somaliya, ndetse no kwamagana ku mugaragaro igikorwa icyo ari cyo cyose cyahungabanya ubwo bumwe, harimo no kwemera ubwigenge bw’igice icyo ari cyo cyose cy’ubutaka bwacyo. Ibyo byaba ari ukurenga ku Masezerano y’Umuryango w’Abibumbye n’amategeko mpuzamahanga, kandi bikaba byatanga urugero rubi rushobora guhungabanya umutekano w’Akarere kose ka Cornes de l’Afrique.”

Mu 2024, Somaliya yatangaje ko Misiri yari yatanze igitekerezo cyo kohereza ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro muri icyo gihugu.

Ku ruhande rwe, Perezida wa Somaliya Hassan Sheikh Mohamud yagize ati: “Inyanja Itukura n’Inyanja ya Oman, mu Kigobe cya Aden, ni igice cy’isi y’Abarabu. Ibihugu byose bikikije aka karere gafite akamaro kanini mu bya gisirikare n’aho giherereye, ni ibihugu by’Abarabu.”

Umuvugizi wa Perezida wa Misiri yatangaje ko impande zombi zanaganiriye ku bufatanye mu by’umutekano n’igisirikare, by’umwihariko mu kurwanya iterabwoba, hifashishijwe ubunararibonye n’ubushobozi Misiri ifite muri urwo rwego.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments