Perezida wa
Misiri Abdel Fattah el-Sissi yakiriye ku Cyumweru Perezida wa Somaliya Hassan
Sheikh Mohamud mu ngoro ya perezida i Cairo.
Mu kiganiro
n’abanyamakuru bombi bagiranye, Abdel Fattah el-Sissi yongeye gushimangira “inkunga
idahungabanywa Misiri ifitiye ubumwe n’ubusugire bw’ubutaka bwa Somaliya.”
Umukuru
w’igihugu cya Misiri yatangaje ko baganiriye ku “uruhare ruteganyijwe” rwa
Misiri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (UA) muri Somaliya.
Yagize ati: “Ku
bw’uruzinduko rwanyu, Nyakubahwa, ndashaka kongera gushimangira inkunga
idahungabanywa Misiri ifitiye ubumwe n’ubusugire bw’ubutaka bw’igihugu cyacu
cy’inshuti, Somaliya, ndetse no kwamagana ku mugaragaro igikorwa icyo ari cyo
cyose cyahungabanya ubwo bumwe, harimo no kwemera ubwigenge bw’igice icyo ari
cyo cyose cy’ubutaka bwacyo. Ibyo byaba ari ukurenga ku Masezerano y’Umuryango
w’Abibumbye n’amategeko mpuzamahanga, kandi bikaba byatanga urugero rubi
rushobora guhungabanya umutekano w’Akarere kose ka Cornes de l’Afrique.”
Mu 2024,
Somaliya yatangaje ko Misiri yari yatanze igitekerezo cyo kohereza ingabo
zishinzwe kubungabunga amahoro muri icyo gihugu.
Ku ruhande
rwe, Perezida wa Somaliya Hassan Sheikh Mohamud yagize ati: “Inyanja Itukura
n’Inyanja ya Oman, mu Kigobe cya Aden, ni igice cy’isi y’Abarabu. Ibihugu byose
bikikije aka karere gafite akamaro kanini mu bya gisirikare n’aho giherereye,
ni ibihugu by’Abarabu.”
Umuvugizi wa
Perezida wa Misiri yatangaje ko impande zombi zanaganiriye ku bufatanye mu
by’umutekano n’igisirikare, by’umwihariko mu kurwanya iterabwoba, hifashishijwe
ubunararibonye n’ubushobozi Misiri ifite muri urwo rwego.
Like This Post? Related Posts