• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Intambara  y’amagambo  hagati  ya Etiyopia na  Eritireya  ikomeje gufata indi ntera nyuma yaGuverinoma ya  Etiyopiya  isabiye  Eritireya kwegezayo ingabo zayo byihutitwa ikazijyana kure y;ubutaka bwayo , ibitu bias nkako ibyo  bihugu byombi byitegura indi  ntambara .

Mu mezi yashize  nibwo  Addis Abeba  yakomeje kugenda ishinja Eritireya  gushyigikira  abarwanyi n’abigaragambyaga ku butaka bwa Etiyopiya  ariko yo igakomeza  kubihakana yivuye  inyuma .

 Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Etiyopiya, Gedion Timothewos, yasabye ko Asmara “ikura ingabo zayo ku butaka bwa Etiyopiya kandi igahagarike buri bwoko ubwo ari bwo bwose bwo gufatanya n’imiryango y’abigaragambya.” Yongeyeho ko ariko kandi icyiciro cy’ihohoterwa gishobora guhagarara binyuze mu nzira za dipolomasi.

Guverinoma ya Eritereya ntiyatanze igisubizo ako kanya ku birego byatangajwe.

Eritereya yabonye ubwigenge mu 1993 nyuma y’imyaka myinshi y’intambara n’Igihugu cya Etiyopiya. Nyuma yaho, ibihugu byombi byagiranye intambara ku mupaka hagati ya 1998 na 2000, yahitanye abantu ibihumbi byinshi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Etiyopiya yavuze ko ibikorwa bya gisirikare Eritereya yakoreye hamwe n’abigaragambya ari agashinyaguro karenze urugero kandi k’umurengera wose.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments