Intambara y’amagambo
hagati ya Etiyopia na Eritireya
ikomeje gufata indi ntera nyuma yaGuverinoma ya Etiyopiya
isabiye Eritireya kwegezayo ingabo
zayo byihutitwa ikazijyana kure y;ubutaka bwayo , ibitu bias nkako ibyo bihugu byombi byitegura indi ntambara .
Mu mezi
yashize nibwo Addis Abeba
yakomeje kugenda ishinja Eritireya
gushyigikira abarwanyi n’abigaragambyaga
ku butaka bwa Etiyopiya ariko yo
igakomeza kubihakana yivuye inyuma .
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Etiyopiya, Gedion Timothewos, yasabye ko Asmara “ikura ingabo zayo ku butaka bwa Etiyopiya kandi igahagarike buri bwoko ubwo ari bwo bwose bwo gufatanya n’imiryango y’abigaragambya.” Yongeyeho ko ariko kandi icyiciro cy’ihohoterwa gishobora guhagarara binyuze mu nzira za dipolomasi.
Guverinoma
ya Eritereya ntiyatanze igisubizo ako kanya ku birego byatangajwe.
Eritereya
yabonye ubwigenge mu 1993 nyuma y’imyaka myinshi y’intambara n’Igihugu cya
Etiyopiya. Nyuma yaho, ibihugu byombi byagiranye intambara ku mupaka hagati ya
1998 na 2000, yahitanye abantu ibihumbi byinshi.
Minisitiri
w’Ububanyi n’Amahanga wa Etiyopiya yavuze ko ibikorwa bya gisirikare Eritereya
yakoreye hamwe n’abigaragambya ari agashinyaguro karenze urugero kandi
k’umurengera wose.
Like This Post? Related Posts