Bamwe mu batuye mu murenge wa Runda mu akagali ka Kagina bavuga ko bavuga ko batunguwe n’urupfu rwa Mujawayezu Pelagie w’imyaka 64 basanze mu nzu yapfuye atewe icyuma, bakaba bakeka ko yishwe n’umwana we Maniragaba Schadrak ufite imyaka 20 babanaga.
Umwe mu
baturanyi ba Nyakwigendera wanatangaje iyi nkuru y’incamugongo ahamya ko
akurikije uko yabonaga umurambo we warumaze nk’amasaha 6 cyangwa 7 apfuye.
“Nazindutse
njya kumureba ndasuhuza mbura unyikiriza nuko nca mu gikari ngo ndebe ndebye
neza mbona ahantu aryamye areba hirya kandi apfutse igitenge mu mutwe mukozeho mubaza
nti Pelagie ko utari wabyuka warwaye? Mukozeho nsanga yabaye nk’igiti nahise
nsohoka mbwira abaturanyi turatabaza.
Undi
muturanyi wa Pelagie wari ahabereye ibi byago yagize ati: “Twumvise inkuru mbi
ko Pelagie yapfuye. Ariko tubyumva hari hashize iminsi umwana we wari waragiye
ariko aza kugaruka. Agaruka yarihindurije asa n’ufite ikibazo cyo mu mutwe kuko
yajyaga yirirwa agenda, hari n’abavuga ko yakambakambaga nka metero Magana abiri.
Mushiki we na mukuru bari baramuhunze kubera ko yakundaga kurwana.”
Abaturanyi
bavuga ko igituma bakeka uwo musore ari uko yahunze kandi ejo yarahiriwe ndetse
akanaharara, bagasaba ko uwabigizemo uruhare wese yashakishwa agakanirwa
urumukwiye kuko uwo mukecuru ntawe yabaniraga nabi.
Umunyamabanga
nshingwabikorwa w’umurenge wa Runda Ndayisaba Egide, ahamya amakuru y’urupfu rwa
Pelagie agahamya ko uwamwishe ataramenyekana ariko iperereza rikomeje.