• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Impirimbanyi  Narges Mohammadi, wegukanye igihembo cyitiriwe Nobel cy’Amahoro, yakatiwe n’urukiko rwo muri Iran igifungo cy’imyaka itandatu azira guterana no kugira umugambi wo gukora ibyaha.

Nk’uko byatangajwe n’umwunganizi we mu mategeko, Mostafa Nili, Mohammadi yanahawe n’igihano cyo kubuzwa gusohoka mu gihugu mu gihe cy’imyaka ibiri. Yanakatiwe igifungo cy’undi mwaka n’igice azira ibikorwa byo kwamamaza . Byongeye kandi, azajyanwa mu buhungiro bw’imyaka ibiri mu mujyi wa Khosf, uherereye mu ntara ya Khorasan y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Iran.

Hakurikijwe amategeko ya Iran, ibihano by’igifungo bizakorerwa icyarimwe. Me Nili yavuze ko yizeye ko, bitewe n’ibibazo by’ubuzima Mohammadi afite, ashobora “kurekurwa by’agateganyo atanze ingwate kugira ngo abashe kwivuza.” Yongeyeho ko umwanzuro w’urukiko utaraba ndakuka kandi ushobora kujuririrwa.

Mu gihe kirenga imyaka 25 ishize, Narges Mohammadi w’imyaka 53 yagiye aburanishwa kandi agafungwa inshuro nyinshi kubera ibikorwa bye byo kwamagana ku mugaragaro igihano cy’urupfu muri Iran no kurwanya itegeko rihatira abagore kwambara imyambaro yagenwe n’igihugu.

Mohammadi amaze igice kinini cy’imyaka icumi ishize afunzwe, kandi ntiyabonye abana be b’impanga baba i Paris kuva mu 2015.

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments