Nyuma
y’imyaka hafi itanu ishize isoko rya Kariakoo riri mu mujyi wa Dar
es Salaam ryongeye gufungura imiryango yaryo, nyuma y;inkongi ikomeye
yaritwitse rigakongoka rigashira . Umuhango wo kurifungura ku mugaragaro wabaye
ku Cyumweru tariki ya 8 Gashyantare, witabiriwe na Perezida wa Tanzaniya, Samia
Suluhu Hassan.
Mu ijambo
rye muri uwo muhango, Perezida Samia Suluhu Hassan yagarutse ku mpaka
zakurikiye inkongi yabaye ku wa 10 Nyakanga 2021. Yavuze ko iyo nkongi yari
igikorwa cy’ubugizi bwa nabi kigamije gusibanganya ibimenyetso by’imicungire
mibi y’imari. Yashishikarije ko hubakwa isoko rijyanye n’amahame mpuzamahanga.
Yagize ati: “Ibicuruzwa
bigurishwa hano ntibizifashishwa n’Abanyatanzaniya gusa, ahubwo n’abanyamahanga
baturuka mu bihugu duturanye. Ni yo mpamvu nsaba Ikigo cya Tanzaniya gishinzwe
kugenzura ubuziranenge (TBS) kwita ku kureba ko ibicuruzwa bigurishwa kuri iri
soko byujuje ibisabwa ku rwego mpuzamahanga, kugira ngo Kariakoo imenyekane ku
isi hose.”
Kuri iyi
nshuro, hatanzwe amabwiriza agamije gukorera mu mucyo mu itangwa ry’aho
abacuruzi bashyira amaduka yabo, kuko mu bihe byashize iyo gahunda yaragiye
ivugwaho ruswa.
Isoko rya
Kariakoo rifite uruhare runini mu bukungu bwa Dar es Salaam n’igihugu cya
Tanzaniya muri rusange. Ni n’urwego rukomeye rw’ubucuruzi muri Afurika
y’Iburasirazuba no hagati. ryubatswe n’umwubatsi w’Umunyatanzaniya witwa Beda
Amuli, maze rifungurwa bwa mbere mu 1975.