Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’umutwe wa AFC/M23 ugenzura ibice byinshi byo mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo, basabwe gutangaza agahenge (ceasefire), bagahagarika imirwano mu rwego rwo guha amahirwe inzira ya politiki n’ibiganiro by’amahoro.
Nk’uko
byatangajwe na Perezidansi ya Angola, iri hagarikwa ry’imirwano rigomba
gushyirwa mu bikorwa hashingiwe ku masezerano yasinyiwe i Doha muri Qatar muri
Ukwakira 2025, hagati ya Leta ya RDC na AFC/M23, ku bufasha bwa Leta ya Qatar.
Iki
cyemezo kiri mu myanzuro y’inama yabereye i Luanda ku wa Mbere tariki ya 9
Gashyantare 2026, yahuje Perezida wa Angola João Manuel Gonçalves Lourenço, Perezida
w’Inama y’Igihugu ya Togo akaba n’Umuhuza wa AU Faure Essozimna Gnassingbé,
Perezida wa RDC Félix Tshisekedi, ndetse na Olusegun Obasanjo, uyobora ishami
rya politiki mu kanama k’abahuza mu gushakira amahoro RDC.
Itangazo
rya Perezidansi ya Angola rigira riti:“Impande
ziri mu ntambara muri RDC zirahamagarirwa gutangaza agahenge kazatangira
gushyirwa mu bikorwa ku itariki n’isaha bizumvikanwaho, ndetse
zigashishikarizwa kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’uburyo bwo kugenzura
iyubahirizwa ry’ako gahenge bwemeranyijweho i Doha ku wa 14 Ukwakira 2025.”
Iyi
nama yabaye mbere gato y’Inama ya 39 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ba
Afurika Yunze Ubumwe, iteganyijwe ku wa 14 n’uwa 15 Gashyantare 2026 i Addis
Ababa muri Ethiopia. Biteganyijwe
ko mu mpera z’iki cyumweru muri iyo nama Perezida Evariste Ndayishimiye w’u
Burundi azasimbura Laurenço ku mwanya w’umukuru w’Ubumwe bwa Afurika.
Ije
kandi ikurikira uruzinduko Umuhuza wa AU, Faure Gnassingbé, yagiriye mu karere
k’Ibiyaga Bigari, aho yasuye u Rwanda, u Burundi na Uganda, agirana ibiganiro
byihariye na Perezida Paul Kagame, Évariste Ndayishimiye na Yoweri Museveni.
Mbere
y’uru ruzinduko, akanama k’abahuza kari kabanje kugirira uruzinduko i Kinshasa,
kagirana inama y’akazi na Perezida Félix Tshisekedi, ziganira ku mutekano wo mu
Burasirazuba bwa RDC, aho ibiganiro bya dipolomasi bigeze n’uburyo bwo kunoza
imikoranire y’ubuhuza bwo ku rwego rw’akarere n’urw’umugabane.
Hari
kandi inama yo ku rwego rwo hejuru yabereye i Lomé muri Togo ku wa 17 Mutarama
2026, yibanze ku guhuza no gushimangira inzira y’amahoro muri RDC n’akarere
k’Ibiyaga Bigari. Iyo nama yatangijwe na Faure Gnassingbé yashimangiye ubushake
bwo gukorana bya hafi n’ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Qatar,
kugira ngo impande zose zubahirize ibyo ziyemeje.
Nyuma
yayo, AU yashyizeho imiterere mishya y’ubuhuza igizwe n’Umuhuza Mukuru Faure
Gnassingbé, abahuza batanu bashinzwe ibice bitandukanye, n’ubunyamabanga buhuza
AU n’imiryango yo mu karere.
Mu gusoza inama yabereye i Luanda, abayobozi b’ibihugu bitatu
– João Lourenço, Félix Tshisekedi na Faure Gnassingbé – hamwe na Olusegun Obasanjo,
bahaye Angola inshingano zo gutangiza ibiganiro n’impande zose z’Abanye-Congo, bigamije
gushyiraho inzira zatuma habaho ibiganiro by’Abanye-Congo ubwabo.
Banibukije imyanzuro yafatiwe mu
masezerano ya Washington yo ku wa 4 Ukuboza 2025, n’imyanzuro ya Loni irimo iya
2773 (2025) na 2808 (2025), ijyanye no kurandura burundu umutwe wa FDLR.