• Imyidagaduro / ABAHANZI

 

Umuhanzikazi wo muri Nigeria wegukanye igihembo cya Grammy Awards, Temilade Openiyi uzwi nka Tems, yanditse amateka mashya aba umugore wa mbere wo muri Afurika ugeze ku ndirimbo zirindwi (7) zigeze ku rutonde rw’indirimbo zakunzwe cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwa Billboard Hot 100.

Ibi Tems yabigezeho nyuma y’uko indirimbo ye ‘What You Need’ yinjiriye bwa mbere kuri uru rutonde iri ku mwanya wa 93, bigatuma umubare w’indirimbo ze zimaze kugaragara kuri Billboard Hot 100 wiyongera ugera kuri zirindwi.

Uyu muhanzikazi ubu anganya n’abandi bahanzi b’abanyafurika babiri bamaze kugera kuri uru rwego, barimo Burna Boy wo muri Nigeria n’itsinda Seether ryo muri Afurika y’Epfo, bose bafite indirimbo zirindwi zigeze kuri Billboard Hot 100.

Si ubwa mbere Tems yandika amateka. Mu mwaka wa 2022, yinjiye mu gitabo cy’amateka nk’umuhanzi wa mbere wo muri Afurika wagize indirimbo yinjiriye ku mwanya wa mbere (No.1) kuri Billboard Hot 100, binyuze mu ndirimbo ‘Wait For U’ yakoranye na Future na Drake.

Byitezwe ko Tems ashobora gusiga Burna Boy na Seether akabarenza, kuko indirimbo ‘Bunce Road Blues’ ya J. Cole, yahuriyemo na Tems ndetse na Future, ishobora kuzinjira kuri Billboard Hot 100 mu cyumweru gitaha.

Uyu muhanzikazi akomeje kwerekana ko ari umwe mu bahanzikazi bo muri Afurika bafite izina rikomeje kwiyubaka ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane ku isoko ry’umuziki ryo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Temilade Openiyi, uzwi ku izina rya Tems, ni umwe mu bahanzikazi bo muri Afurika bagize izamuka rikomeye ku ruhando mpuzamahanga mu gihe gito.

Yavukiye muri Nigeria, ariko igice cy’ubwana bwe yagiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza, ibintu byagize uruhare mu gutuma umuziki we ugira umwihariko uhuza amajwi n’imiterere itandukanye.

Tems yatangiye kumenyekana mu 2018, ariko izina rye ritangira kuvugwa cyane mu 2020 ubwo yasohoraga indirimbo ‘Try Me’, yakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru, bituma atangira kwigarurira abafana benshi muri Afurika no hanze yayo. Iyi ndirimbo yagaragaje ijwi rye ryihariye, rifite ubuhanga buhanitse n’amarangamutima menshi, riherekejwe n’umuziki uhuza Afrobeats, R&B na Soul.

Mu 2020 kandi, Tems yakoze amateka binyuze mu ndirimbo ‘Essence’ ya Wizkid, aho yari yafatanyije na we. Iyi ndirimbo yabaye imwe mu zahesheje umuziki wo muri Afurika izina rikomeye ku rwego mpuzamahanga, ininjira ku rutonde rwa Billboard Hot 100, ikanabera Tems umuryango winjira ku isoko rikomeye rya Amerika.

Kuva icyo gihe, Tems yakomeje gukorana n’ibyamamare bikomeye ku Isi barimo Drake, Future, Beyoncé, Rihanna na J. Cole, ibintu byakomeje kuzamura izina rye no kumushyira mu cyiciro cy’abahanzi b’isi.

Mu 2022, yanditse amateka aba umuhanzi wa mbere wo muri Afurika wagize indirimbo ‘Wait For U’ yahuriyemo na Drake na Future yinjiriye ku mwanya wa mbere wa Billboard Hot 100.

Umuziki wa Tems urangwa n’ubutumwa bushingiye ku marangamutima, kwigenga kw’abagore, kwiyemera no kurenga imipaka. Ijwi rye rifite imbaraga ariko rituje, rituma indirimbo ze zigira umwimerere wihariye utandukanye n’uw’abandi bahanzi benshi bo mu bwoko bwa Afrobeats.

Kuri ubu, Tems afatwa nk’umwe mu bahanzikazi bo muri Afurika bafite ijambo rikomeye ku isoko mpuzamahanga ry’umuziki.

Ibihembo n’intsinzi akomeje kugeraho, birimo Grammy Award, byerekana ko atari impano y’igihe gito, ahubwo ari umuhanzi uri kubaka umurage urambye mu muziki w’Isi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments