Mu gitondo
cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Gashyantare nibwo umuhanzi
Nimbona Jean Pierre uzwi nka
Kidumu kibindo yageze I Kigali aje kwitabira igitaramo Inganzo ntahagarwa
cya Yvan Muziki
Ahagana kw’isha
ya saa moya na 50nibwo Kidumu yari
asesekanye ku kibuga cy’ indege
mpuzamahanga cya Kigali aho
yakiriwe na Mugenzi we Yvan Muziki wamutumiye
mu gitaramo cyo kumurikiramo album
ye ya mbere yise “Inganzo Ntahangarwa” azamurika mu ijoro rizabanziriza umunsi
wahariwe abakundana.
Icyo gitaramo kizaba
tariki ya 13 Gashyantare 2026kizitabirwa n’abandi bahanzi bakomeye hano
mu Rwanda nka Marina,Massamba
Intore,Jules Sentore n’abano benshi
batandukanye kikazabera muri Kigali
Universe .
Yvana Muziki
aherutse gutangariza itangazamakuru ko
iyi Alubumu iyi albumayifata nk’ikomeye
mu buzima bwe, kandi yishimiye kuzayimurikira abantu ku nshuro ya mbere azaba
akoreye igitaramo cyo kumurika album ye mu Rwanda.
Ati “Ni wo
muzingo wuje inganzo n’imbamutima tuzasangira mu ijoro ribanziriza umunsi
w’abakundana. Nizeye ijoro rizabera ryiza abazaryitabira.”
Yakomeje
avuga ko iyi album igizwe n’indirimbo 15, kandi zose zizashimisha abantu
nizimara kujya ahabona.
Uyu muhanzi yavuze ko impamvu yahisemo gufatanya n’aba bahanzi ari abahanzi beza bafite indirimbo zikora ku mitima ya benshi cyane ko igitaramo kizaba mu ijoro ry’urukundo.