Abantu barenga 50 bishwe n’imyuzure n’inkangu (ihirima ry’ubutaka) byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu karere ka Gamo Zone mu majyepfo ya Ethiopia, nkuko abategetsi baho babivuze.
Abategetsi
batangaje ko benshi muri abo bantu bapfiriye mu turere tw’imisozi miremire, aho
ubutaka bw'imisozi ihanamye bwatose kubera amazi bugahirima nyuma y’imvura
nyinshi yari imaze iminsi igwa. Abandi barenga 50 baburiwe irengero.
Abategetsi
bashishikarije abatuye mu duce tw’amanegeka gufata ingamba zo kwirinda.
Mu
minsi ya vuba aha ishize, imvura nyinshi yateje imyuzure henshi muri Afurika
y’uburasirazuba. Abantu barenga 40 barapfuye muri Kenya ihana imbibi na
Ethiopia.
Ibigo
by’iteganyagihe bivuga ko imiyaga ikomeye irimo kurushaho kugira imbaraga muri
aka karere, ku ruhande rumwe bitewe n’ihindagurika ry’ikirere.
Guverineri
wa leta y’akarere k’amajyepfo ka Ethiopia yihanganishije imiryango yabuze
ababo.
Mu
itangazo yasohoye ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook ku mugoroba wo ku wa
kabiri, ubwo abapfuye bari bakiri 30, Guverineri Tilahun Kebede yagize ati:“Mu
izina ryanjye bwite no mu zina rya leta [guverinoma] y’akarere, mbabajwe cyane
n’urupfu rw’abantu 30 bitewe n’inkangu n’imyuzure mu misozi miremire ya Gamo
Zone kubera imvura nyinshi.”
Abategetsi
bavuze ko ibyo byago byakurikiye imvura nyinshi yari imaze igihe igwa mu turere
dukikije ako karere.