• Imikino / BASIKETI

RSSB Tigers yasimbuye APR Basketball Club , mu mikino ya BAL , nyuma yuko ivuyemo kubera impamvu za politiki , ziyihuza n'ibihano America yafatiye igisirikare cy'u Rwanda .

Ishyirahamwe ry'umukino wa Basketball mu Rwanda,  ryemeje ko ikipe ya RSSB Tigers , ariyo izahagararira u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa league,  iyi kipe ikaba yasimbuye APR BBC, yakuwe muri iyi mikino , kubera ibihano Leta Zunze ubumwe za America , zafatiye igisirikare cy'u Rwanda.


RSSB Tigers yatangiye umwaka isuzugura APR BBC , kuko yayitsinze inshuro 2 yikurikiranya 

APR BBC  niyo yagombaga kwitabira iyi mikino , ariko kubera izo mpamvu twavuze haruguru , ntabwo izabasha kuyitabira, ibi byagombaga gutuma u Rwanda rushaka indi kipe , kuko ibihano bireba igisirakare bitareba izindi nzego z'u Rwanda, ikipe ya RSSB Tigers , ni imwe mu makipe ubu akomeye muri Shampiyona y'u Rwanda,  ni mugihe yatwaye igikombe cya Rwanda Cup 2025, na Super Cup 2026.


FERWABA yemeje ko RSSB Tigers ariyo isimbuye APR BBC muri BAL 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments