Perezida wa Repubulika
ya Congo, Denis Sassou Nguesso, yongeye gutorerwa kuyobora igihugu ku nshuro ya
gatanu yikurikiranya, nk’uko byatangajwe mu majwi y’agateganyo yatangajwe ku wa
Kabiri na Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Raymond Zéphirin Mboulou.
Minisitiri
yavuze ko Perezida uri ku butegetsi yatsinze amatora ku majwi angana na 94,82%.
Mu bari bahanganye na we harimo abakandida batandatu, barimo Destin Gavet wari
watangaje mbere y’ibyavuye mu matora ko ari we watsinze.
Nk’uko
byagiye bigenda mu matora yabanje, internet yongeye gufungwa mu gihugu hose, mu
gihe ingendo nazo zagabanyijwe cyane cyane mu murwa mukuru Brazzaville.
Abayobozi
batangaje ko abitabiriye amatora bageze kuri 84,65%, aho abarenga miliyoni 2,6
batoye. Gusa mu by’ukuri, mu duce twinshi twa Brazzaville, byagaragaraga ko
abantu batitabiriye ku rwego rwo hejuru, kuko hari aho wasangaga nta mirongo
y’abategereje gutora ihari.
Abaturage
benshi bagaragaje gushidikanya ku bijyanye n’uko habaho impinduka za politiki,
cyane ko Denis Sassou Nguesso amaze imyaka irenga 40 ku butegetsi.
Uyu mukuru
w’igihugu, uhagarariye ishyaka rya Parti congolais du travail, yabaye Perezida
bwa mbere mu 1979. Yavuye ku butegetsi mu 1992 nyuma y’amatora ya mbere ya
demokarasi, ariko agaruka ku butegetsi mu 1997 nyuma y’intambara y’imbere mu
gihugu yamaze amezi ane.
Mu gihe
cy’amatora, byagaragaye ko abakandida batari ku rwego rumwe mu kwiyamamaza.
Perezida uri ku butegetsi ni we wenyine wazengurutse igihugu hose yiyamamaza,
mu gihe abandi bakandida batabonye amahirwe angana.
Mu murwa
mukuru Brazzaville, ahantu henshi hari huzuyemo ibyapa n’amafoto ya Denis
Sassou Nguesso, bigaragaza ubukana bw’ikorwa rye ryo kwiyamamaza ugereranyije
n’abamurwanya.
Like This Post? Related Posts