Madamu
Jeannette Kagame yitabiriye igitaramo cy’ubudasa cyaranzwe n’umuziki ukomeye,
ubwo umuraperikazi mpuzamahanga Doja Cat, ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za
Amerika, yataramiraga i Kigali bwa mbere mu mateka ye.
Iki gitaramo
cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 17 Werurwe 2026 muri BK
Arena. Madamu Jeannette Kagame yari kumwe n’umuririmbyi Khadja Nin,
wamenyekanye cyane muri Afurika y’Iburasirazuba, muri iki gitaramo cyateguwe na
Global Citizen cyiswe Move Afrika 2026.
Iki gitaramo
cyabaga ku nshuro ya Gatatu mu Rwanda nyuma y’uko umwaka wa mbere cyitabiriwe
na Kendrick Lamar mu 2024, mu gihe John Legend yahataramiye mu 2025.
Umuyobozi
Mukuru ndetse n’uwashinze Global Citizen, Hugh Evans, yashimangiye ibyishimo
byo kuba bari mu Rwanda, avuga ko ari iby’agaciro kwakirwa neza na Perezida
Kagame n’u Rwanda muri iki gitaramo gikomeye.
Yagize ati:
"Nta hantu heza natekereje harenze Kigali, umwaka wa mbere yari Kendrick
Lamar, umwaka wa kabiri yari John Legend, none uyu munsi dufite Doja Cat.
Ndashaka gushimira Perezida Kagame n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB)
ku bw’ubufatanye bwabo.”
Igitaramo
cyatangiye gishyushye ubwo DJ Iradukunda Grace Divine, uzwi ku izina rya DJ
Ira, yasusurukije abitabiriye acuranga indirimbo zitandukanye, ziganjemo
iz’abahanzi bo mu Rwanda ndetse n’izigezweho ku rwego mpuzamahanga.
Umuraperikazi
Doja Cat yageze ku rubyiniro aherekejwe n’itsinda ry’abacuranzi n’abaririmbyi
bamufasha mu majwi, aririmba indirimbo zigezweho nka "Paint the Town
Red", yashimishije cyane abafana bari bamaze igihe bategereje iki
gitaramo.
Ku musozo
w’igitaramo, Doja Cat yahaye abafana indabo, avuga ko igitaramo cye cya mbere
muri Afurika cyari ubudasa, kandi ko akunda cyane abakunzi b’umuziki
bamushyigikiye.
Nyuma yo
gutaramira i Kigali, Doja Cat yerekeje muri Afurika y’Epfo aho azataramira muri
SunBet Arena ku wa 20 Werurwe 2026, mu rugendo rwe rw’isi yose yise Tour Ma Vie
World Tour.
Iki gitaramo
cyashimangiye ko u Rwanda rukomeje kuba icyicaro cy’ibikorwa by’ubuhanzi
mpuzamahanga, bikerekana ko abayobozi b’igihugu bashyigikira ubuhanzi n’umuco
ku rwego mpuzamahanga.
Doja Cat amaze kwigaragaza ku rubyiniro mpuzamahanga mu buryo budasanzwe, aho ibitaramo bye byagiye byizihira abafana benshi mu bice bitandukanye by’isi.