• Imyidagaduro / ABAHANZI

Perezida w’Ihuriro ry’Abahanzi bo muri Uganda (Uganda National Musicians Federation), Eddy Kenzo yishimiye icyemezo cy’Inteko Ishinga Amategeko cyo kwemeza umushinga w’itegeko rivugurura uburenganzira ku bihangano byabo 

Mu itangazo yashyize ahagaragara, yavuze ko iri tegeko ari intambwe y’amateka ku ruganda rw’imyidagaduro muri Uganda, anasobanura ko ari amahirwe akomeye ku bahanzi yo gutangira kungukira ku mirimo yabo.

Yagize ati:
“Noneho amaherezo dushobora kubona inyungu ku bihangano byacu n’imvune dukora,” agaragaza ko iri tegeko rishyiraho umurongo uhamye wo kurengera abahanzi n’ibihangano byabo.

Kenzo yashimiye Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, kuba yarubahirije isezerano rye ryo gushyigikira uru rwego, anashimira ubuyobozi bw’Inteko Ishinga Amategeko, burimo Perezida wayo Anita Among ndetse n’Umwungirije Thomas Tayebwa, ku ruhare bagize mu gutuma iri tegeko ritorwa nyuma y’imyaka irenga ibiri y’ibiganiro n’inama zitandukanye.

Iri tegeko rishya ritegerejweho gufasha abahanzi kubona uburenganzira busesuye ku bihangano byabo no guteza imbere uruganda rw’imyidagaduro muri Uganda.

Musuuza kandi yashimiye uruhare rw’abafashe iya mbere muri iri vugururwa, barimo Minisitiri w’Ubutabera Norbert Mao, Intumwa Nkuru ya Leta, abagize Inteko Ishinga Amategeko ndetse n’abandi bafatanyabikorwa barimo Salim Saleh, avuga ko iyi ari intsinzi rusange ku bahanzi bose.

Iri tegeko rivuguruye rizanye impinduka zikomeye zigamije kuvugurura uburyo uburenganzira ku bihangano (copyright) bwakoragamo muri Uganda, cyane cyane rijyanye n’igihe cy’ikoranabuhanga.

Muri iri tegeko rishya, abahanzi bazajya bahabwa 60% by’amafaranga ava muri caller ring-back tones, mu gihe ibigo by’itumanaho bizajya bifata 31.5%, naho abahuza (aggregators) bagafata 8.5%.

Nanone kandi, ibitangazamakuru bizajya bisabwa kwishyura abahanzi igihe bikoresheje ibihangano byabo mu buryo bw’ubucuruzi, bikuraho umuco wari usanzwe wo kubacurangira ku buntu witwaga “free airplay for promotion”.

Byongeye, hazashyirwaho sisiteme y’ikoranabuhanga ikurikirana ikoreshwa ry’indirimbo na filime mu tubari no mu bitangazamakuru, hagamijwe kumenya neza uko bikoreshwa no gutuma amafaranga y’uburenganzira (royalties) atangwa neza binyuze mu miryango nka Uganda Performing Right Society.

Nubwo iri tegeko rifatwa nk’intambwe ikomeye, Eddy Kenzo (Edrisa Musuuza) yavuze ko hakiri byinshi bigomba gukorwa kugira ngo ritangire gushyirwa mu bikorwa neza, birimo kurangiza amabwiriza arishyira mu bikorwa no gutangiza sisiteme y’igihugu yo gucunga uburenganzira ku bihangano.

Yagize ati: “Turacyafite byinshi byo kugeraho, ariko icyizere cyacu ubu kirakomeye kurusha mbere hose.”

Abari mu ruganda rw’imyidagaduro bavuga ko gushyira mu bikorwa iri tegeko neza bizaba ingenzi cyane mu guhangana n’ubujura bw’ibihangano, kongera uburyo abahanzi babona amafaranga y’uburenganzira ku bihangano byabo , no gufasha uru rwego kugera ku bushobozi bwarwo bwuzuye mu kuzamura ubukungu muri Uganda.

 Umuhango wo kwemeza iryo Tegeko  wabereye mu nteko ishinga amategeko ya Uganda  yari yitabiriwe  n'abahanzi ndetse n'abatunganya umuziki na  Filime  beshi bo muri icyo  gihugu  barimo  nka Jose Chameleon, Weasel , Sheebah Karungi na bandi benshi cyane bubatse izina muri kiriya gihugu .



AMAFOTO : Nile Post  Uganda 




Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments