• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Umubilizi  witwa Étienne Davignon azaburanishwa ku ruhare akekwaho mu iyicwa rya Patrice Lumumba

Nubwo atitabiriye iburanisha ryabaye kuri  uyu wa Kabiri mu rukiko rwa Bruxelles, Étienne Davignon w’imyaka 93 y’amavuko yategetswe koherezwa imbere y’urukiko mpanabyaha

Uyu mugabo w’umunyabubiligi azaburanishwa ku byaha akekwaho byo kugira uruhare mu byaha by’intambara bifitanye isano n’iyicwa rya Patrice Lumumba mu 1961.

Mu gihe cy’iyicwa ryabaye, Étienne Davignon yari umudipolomate ukiri muto mu biro by’ububanyi n’amahanga by’ Ububiligi. Ubu ni we muntu rukumbi usigaye mu bakekwaho uruhare muri uru rubanza bakiriho.

Akekwaho kuba yaragize uruhare mu cyemezo cyo kohereza Patrice Lumumba, wari umaze gufatwa nk’imfungwa, mu karere ka Katanga kari karigometse kuri leta, kakaba kari gashyigikiwe n’ababiligi bo mu gihe cy’ubukoloni.

Ubushinjacyaha buvuga kandi ko Lumumba yakorewe ibikorwa byo kumutesha agaciro no kumufata nabi mbere y’uko yicwa.

Mu iburanisha ryabaye muri Mutarama, umwunganizi wa Davignon yavuze ko igihe cyari kigenewe kuburanisha uru rubanza cyarenze, ndetse anashidikanya ku kuba ibyo byaha byakwitwa ibyaha by’intambara.

Ku ruhande rw’abunganira abana ba Lumumba, bo bavuga ko uru rubanza rushobora gutangira mu kwezi kwa Mutarama 2027.

Uru rubanza rushingiye ku kirego cyatanzwe mu 2011 i Bruxelles n’abana ba Patrice Lumumba, ufatwa nk’intwari y’ubwigenge bwa iharanira Demokarasi ya congo 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments