Mu ruzinduko
rw’akazi arimo mu Bwongereza , Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, yakiriwe ku wa
Gatatu n’Umwami Charles III mu ngoro ya Château de Windsor.
Uru
ruzinduko rubaye urwa mbere Perezida wa Nigeria agiriye mu Bwongereza mu rwego
rw’uruzinduko rwa leta mu myaka 37 ishize.
Nigeria ni
igihugu cyahoze gikolonizwa n’u Bwongereza kandi kikaba kiri mu muryango wa Commonwealth.
Kuva mu
2024, ibi bihugu byombi bifitanye amasezerano y’ubufatanye bwihariye agamije
guteza imbere ubukungu, kwimuka kw’abaturage ndetse n’umutekano.
Nigeria
imaze imyaka irenga icumi ihanganye n’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro irimo Boko
Haram, byatumye habaho ibitero byinshi birimo n’iby’ubwiyahuzi byahitanye
abantu benshi.
Nyuma yo
kwakirwa n’Umwami Charles III, Bola Tinubu ateganya gutangira ibiganiro bya
politiki ku wa Kane, aho azahura na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Keir
Starmer.
Ibiganiro byabo bizibanda ku gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye zirimo ubukungu, umutekano n’iterambere.
Perezida Tinubu
Bola Ahmed Tinubu n’ Umugore we
Oluremi Tinubu bakiriwe n’Umwami Charles wa III nyuma yaho bari bakiriwe n’umuhungu we Prince William na Catherine,
Princess of Wales mu gitondo cyo kuri
uwo wa gatatu
Like This Post? Related Posts