Ubuyobozi bw’Itorero ADEPR mu Rwanda
bwatangaje ko abantu 35 bambuwe inshingano za gishumba n’iz’ububwirizabutumwa
baherewe mu itorero rya Pentekote ry’u Rwanda – ADEPR , kuko bahamijwe icyaha
cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
iki cyemezo kiri mu itangazo ryashyizwe hanze
n’ubuyobozi bukuru bw’iri torero ku wa Gatatu tariki ya 18 Werurwe 2026.
Ubuyobozi bwa ADEPR bwaherekesheje iri
tangazo urutonde ruriho abantu 35 bambuwe inshingano za Gishumba
n’iz’ububwirizabutumwa barimo ababarizwa hanze y’u Rwanda mu bihugu birimo
Ububiligi, abari mu turere dutandukanye tw’u Rwanda no mu magororero
atandukanye yo mu Rwanda, bahamijwe ibyaha bya Jenoside bakoze mu 1994 mu bice bitandukanye
by’Igihugu bakoreragamo ubutumwa.
Ibi bikaba byakozwe hashingiwe ku
bikubiye mu mategeko agenga iri torero, harimo ingingo ya 22 igika cya mbere
agaka ka 19 n’iya 33 igika cya mbere agaka ka 12 z’ Amategeko Shingiro
y’ltorero rya Pentekote ry’u Rwanda-ltorero ADEPR yo ku wa 13/09/2021.
Ubuyobozi bwa ADEPR kandi bwashingiye
ku ngingo ya 13 igika cya mbere agaka ka 12, iya 32 n’iya 38 z’amabwiriza
agenga abanyamuhamagaro bafite Inshingano za gishumba, ababwirizabutumwa
n’abadiyakoni mu itorero ADEPR, yo ku wa 16/10/2025.
Hanashingiwe ku mwanzuro w’inama nkuru
y’abashumba y’itorero ADEPR yateranye ku ya 22/10/2025 na 11/02/2026 igasuzuma
ingingo zirimo iy’umunyamuhamagaro ufite inshingano za gishumba wahamijwe
n’inkiko z’igihugu zibifite mu nshingano, icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi
mu 1994.
Like This Post? Related Posts