• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Mu teritwari ya Walikale, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, hagaragaye igikorwa cyo gukura abarwanyi ba AFC/M23 mu duce dutandukanye, turimo Mpety, Minjenje na Kanune, kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Werurwe 2026.

Amakuru aturuka mu baturage ndetse no mu nzego z’umutekano avuga ko ingabo zavuye mu duce twa Minjenje na Mpety, aho zagaragaye zerekeza ahitwa Banakindi. Ababibonye bavuga ko bamwe bagendaga mu modoka, abandi bagenda n’amaguru, banyura no ku gace ka Kalembe gafite akamaro mu bikorwa by’ingabo.

Izindi ngabo kandi zagaragaye ziva mu gace ka Kanune, aho amakuru yizewe avuga ko aba barwanyi bahavuye mu masaha ya nyuma ya Saa Sita, bafata icyerekezo cya Miriki, mu teritwari ya Lubero. Nubwo bimeze bityo, haracyari amakuru avuga ko hari abasirikare bake b’uyu mutwe basigaye muri utu duce.

Kugeza ubu, ubuyobozi bwa AFC/M23 ntiburagira icyo butangaza kuri Iki gikorwa cyo gukura ingabo muri ibyo bice. Icyakora, ibi bije nyuma y’iminsi itatu habereye inama y’abasirikare b’uyu mutwe i Minjenje, ku murongo wa Kalembe–Mpety.

Abasesenguzi ntibahuriza ku mpamvu y’uku gukura ingabo muri ibyo bice. Hari ababona ko ari igikorwa cyo kwisuganya no kwimura ingabo mu buryo bwa gisirikare, igitutu cy’amahannga n’abahuza, mu gihe abandi bagaragaza impungenge, bakeka ko bishobora kuba ari amayeri agamije kuyobya uburari.

Ibi bibaye mu gihe aka gace kari gasanzwe karimo umutekano muke, by’umwihariko nyuma y’imirwano iherutse kubera i Kanune hagati y’aba barwanyi n’imitwe yitwaje intwaro y’abaturage izwi nka Wazalendo. Iyo mirwano yatumye abaturage benshi bahunga, berekeza mu duce dutekanye kurushaho nka Miriki.

Mu gihe umutekano ukomeje kuba muke, abaturage ba Walikale baracyari mu rujijo, bategereje kureba uko ibintu bizagenda bihinduka, n’icyizere cy’uko bashobora gusubira mu byabo mu buryo burambye.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments