• Amakuru / MU-RWANDA


Mu mudugudu w'isangano akagali ka Rukoma mu murenge wa sake mu karere ka ngoma mu gitondo cyo kuri uyu wa 5 mur’uwo mudugudu hagaragaye umurambo w'umugabo wari mu kigero cy'imyaka 35 wapfuye yishwe n’inkoni yakubiswe nyuma yo gufatanwa ingurube yari yibye.

Abaturanyi be bavuga ko yishwe n’abamukubise bamuziza kwiba ingurube. Se wa Nyakwigendera twagerageje kuganira nawe kuvuga byamunaniye kwubw’ikiniga n'agahinda byamutangaga imbere ariko umukecuru we nawe muntege bigaragara ko ari nke  yihanganye aratuvugisha anatubwira ko yashenguwe n’urupfu rw’umwana we.

Umugore wa nyakwigendera  nawe yaduhamirije ibyur’urupfu rw’umugabo we ndetse avuga ko ibyabaye byose yabyirebereraga n’amaso ye.

Ubwo kandi twageraga aho bivugwa ko  uyu mugabo yari yibye ingurube bahamya ko ibyo byabaye intandaro yo gushyira iherezo ku buzima bwe kuko ngo yari yarabazengereje nk’uko twabibwiwe n’abaturage bari banamuzi neza.

Bamwe mu baturanyi ba nyakwigendera  bavuga ko urupfu rw’uyu mugabo rutabatunguye ndetse ko yari yaranabazengereje mbese ngo yari asanzwe ari umujura.

Umukozi w'umurenge wa Sake Bwana Napoleo  Ndayiragije akaba  ashinzwe Imari n'ubutegetsi muri uyu murenge akaba ari nawe wasigaye mu nshingano kuko umuyobozi ari mu kiruhuko yaduhamirije iby’uru rupfu rw’uyu mugabo.

Uyu mugabo bivugwa n’abaturage ko yishwe, urupfu rwe rukaba rwamenyekanye mu gitondo cyo kuwa 27/03/2026, ubwo umurambo we wasangwaga mu gashyamba k’inturusu.

Mu gihe yakubitwaga kandi ngo uyu mugabo yasabye n'imbabazi abamukubitaga yewe ngo anabasaba n’amazi yo kunywa ariko muri byose  ntanakimwe yahawe umugore wa nyakwigendera.

Uyu nyakwigendera kandi bivugwa ko  yari mu kigero cy’imyaka 35 umuryango we kandi ukanavuga ko nta mwana asize.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments