Inyeshyamba zo mu mutwe wa Allied Democratic Forces (ADF) ziravugwaho gushimuta abasivili barenga 300 mu gihe cy’iminsi ibiri gusa, mu bitero byagabwe muri Teritwari ya Irumu, ku muhanda Mambasa–Komanda, mu Ntara ya Ituri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Nk’uko
amakuru aturuka mu nzego z’ibanze ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira
bwa muntu abitangaza, ibi bitero byabaye hagati yo ku wa Gatandatu no ku
Cyumweru, tariki ya 28 na 29 Werurwe. Byasize abantu benshi bishwe, binatera
ubwoba bukomeye mu baturage bakoresha umuhanda wa kaburimbo No 4.
Amakuru
yatangajwe na Radio Okapi agaragaza ko igitero cya mbere cyabaye ku wa
Gatandatu mu Mudugudu wa Babungwe, aho abaturage bagera ku 100, barimo cyane
cyane abahinzi, bashimuswe n’izi nyeshyamba.
Ku
munsi wakurikiyeho, ku Cyumweru mu gitondo, abarwanyi ba ADF bagabye ikindi
gitero mu Mudugudu wa Lomalisa, aho babanje kurasa amasasu mu kirere bagamije
gutera ubwoba, mbere yo gushimuta abandi baturage barenga 200.
Nyuma
y’aho, abo bagizi ba nabi bakomeje ibikorwa byabo by’urugomo mu duce twa
Mabukulu na Masoli, ibintu byakajije umutekano muke muri ako karere.
Ibi
bitero byongeye kugaragaza ubukana bw’umutekano muke ukomeje kurangwa mu
burasirazuba bwa RDC, aho umutwe wa ADF ukomeje gushyirwa mu majwi mu bikorwa
by’ubwicanyi, gushimuta abantu no gusenya ubuzima bw’abaturage.