Umuhanzi
Kevin Montana The King of Amapiano ukomeje kwigaragaza cyane mu gihe
gito atangiye umuziki we nyuma yo gukora zimwe mu ndirimbo ze
zakunzwe yongeye gukora mu ngazo ashyira hanze indirimbo Amavubi .
Uyu muhanzi
ashyize hanze iyi ndirimbo mu gihe kuri uyu
wa mbere hari umukino wa
Nyuma uhuza Ikipe y’ u Rwanda Amavubi
iza guhuramo na Estonie mu marushanwa ya FIFA Series 2026 ari
kubera mu Rwanda kuva ku
tariki ya 27 kugeza 30 Werurwe 2026 .
Mu kiganiro na Kevin Montana yatangarije umunyamakuru wa BTN
Rwanda ko iyi ndirimbo yayikoze mu rwego
rwo gukomeza gushyigikira ikipe y’Igihugu amavubi muri ibi
bihe byiza irimo .
Yakomeje agira
ati “ Iyi ndirimbo nayikoze mu rwego rwo
gukomeza gutanga umusanzu wanjye mu
gushyigikira amavubi kandi no gushimisha abakunzi bayo badahwema kuyaba
inyuma .
Yatubwiye kandi ko iyi ndirimbo ari iyi
byishimo ku bafana b’amavubi kuko izajya ikoreshwa ibihe byose mu gihe yakinnye.
Kevin muri
icyo kiganiro yasabye abakunzi b’amavubi
ko uyu munsi gahunda ari yayindi kuri bose
ari “ Twese inyuma y’amavubi “ mu rwego rwo gukomeza kubatera in gabo mu
bitugu kugira begukane igikombe cya FIFA Series 2026.
Kevin
Montana nyuma y’uko ashyize hanze iyi ndirimbo
yise Amavubi yadutangarije ko mu
minsi yashize yari yashyize hanze
indirimbo nayo yo gushyigikira ikipe afana ya APR Fc,ibi bikaba biri mu bikomeje kwerekana ko umuziki we
atari uwo kwishimisha gusa mu buzima
busanzwe ahubwo ko yifuza no gutanga
umusanzu we mu mikino cyane cyane umupira w’amaguru .
Yasabye
nanone abakunzi b’Umuziki n’abanyarwanda
muri rusange kuzinduka cyane uyu
munsi bakaza gufana ikipe
y’igihugu amavubi uyu mugoroba kuri Stade amahoro aho ihura n’ikipe ya
Estonie ku mukino wa nyuma wa FIFA Series 2026
Mu gusoza
Kevin Montana yateguje abakunzi Be EP ye ya Mbere izakurikirwa n’Albumu ye yise
Zamuka nayo ateganya gushyira hanze
mu mpera z’Uyu mwaka ikaba iriho indirimbo nyinshi yakoranye n’abandi
bahanzi bakomeye ba hano mu Rwanda nubwo atifuje guhita abatangaza
Like This Post? Related Posts