Umuhanzi
Juno Kizigenza yiseguye ku bafana be yari yijeje ko agiye gusohora Album ye
nshya yise “OTA” , bikarangira bategereje amaso agahera mu kirere.
Uyu muhanzi
yari yemereye abakunzi be ko Saa sita z’ijoro za tariki ya 01 Mata 2026 araza
gusohora Album ye nshya gusa byarangiye atabikoze ibyazamuye uburakari bukomeye
bw’abafana be bamushinja gukina n’amarangamutima yabo.
Uyu muhanzi
nyuma yo kubona ko yatengushye abafana be, yateguye ikiganiro cy’imbonankubone
“LIVE” kuri konti ye ya Instagram, cyabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya
02 Mata 2026 maze abasaba imbabazi zo kuba atarubahirije isezerano yari
yatanze.
Ati “Byari
ugusetsa, ariko ndasaba imbabazi ku babyumvise nabi. Ntabwo nzashyira hanze
album mu kwezi kwa Mata.”
Uyu muhanzi
yemeje ko Album ihari ndetse n’izina ryayo ari ‘OTA’ , yizeza abafana be
kuzayishyira hanze mu minsi ya vuba ndetse ikaba ari Album afite icyizere ko
izaba iriho indirimbo nziza kuko yakozweho n’abahanga mu gutunganya indirimbo
mu muziki Nyarwanda.
Muri Kamena
2023 ni bwo Kizigenza yashyize hanze Album ye ya mbere yise, Yaraje, iyi Album
yariho indirimbo zitandukanye yakoranye n’abahanzi bakomeye mu muziki Nyarwanda
barimo ; Butera Knowless, Bulldogg, Bruce Melodie, King James, n’abandi.