Perezida Paul Kagame yavuze ko umutwe wa M23 utaturutse mu Rwanda ahubwo ari umutwe wo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo w’Ihuriro rya AFC/M23 ndetse ukaba ukorana n’uwahoze ari Perezida wa Congo, Joseph Kabila akorana na wo. yanashimangiye ko U Rwanda ruzakuraho ingamba z'Ubwirinzi mu gihe bakomeje kureka Félix Tshisekedi agakora ibyo ashaka byose
Ibi Perezida
Kagame yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Jeune
Afrique, Francois Soudan, aho cyagarukaga ku ngingo zinyuranye zirimo ibihano u
Rwanda rwafatiwe, ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Washington, ingamba
z’ubwirinzi n’izindi.
Ubwo
yabazwaga ku kibazo cy’umutwe wa M23 n’u Rwanda, Perezida Kagame yatangaje ko
uyu mutwe ntakibazo uteye u Rwanda ahubwo ko uteye ikibazo politiki y’imbere
muri Congo aho kigomba no kubonerwa umuti wa n’inzego za politiki muri Congo.
Nyuma y’uko
perezida Kagame yari abajijwe ku bihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika iherutse
gufatirwa abasirikare bane ba RDF barimo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u
Rwanda, Gen Mubarak Muganga, Perezida Kagame yabanje gusubiza ko umutwe wa M23
utaturutse mu Rwanda kandi ntanikibazo uruteye.
Yagize ati “
Ubundi tugomba kubanza kumva neza ibyo turi kuvuga. M23 ntabwo ari umutwe
ukomoka mu Rwanda, ahubwo ni umutwe wo muri Congo witwa AFC/M23, ukorana
n’uwahoze ari Perezida wa Congo, Joseph Kabila. Ikibazo uyu mutwe uteye, ni
ikibazo cya politiki y’imbere muri Congo aho kigomba no kubonerwa umuti wa
Politiki muri Congo”.
Mu kugaruka
ku kibazo cyerekeye ibihano Perezida Kagame yavuze ko mu masezerano yashyizweho
umukono bigaragara ko uruhande rumwe (Rwanda) ari rwo rugomba kuyashyira mu
bikorwa hanyuma Congo ikigira ntibindeba.
Yagize ati “
Ntabwo ushobora kwitega ko uruhande rumwe, aha ndavuga u Rwanda rushyira mu
bikorwa ibiteganywa n’amasezerano ya Washington yashyizweho umukono ku wa 4
Ukuboza 2025, mu gihe urundi ruhande RDC, rwo rwubahiriza igice cyayo cyangwa
se ntihagire n’icyo rwubahiriza”.
“Amerika,
yaduhurije hamwe, ni yo igomba guharanira ko ibihugu byombi, u Rwanda na Congo,
bigenda mu cyerekezo gikwiriye. Ntabwo bigomba gusa n’aho ruri gushyira igitutu
ku ruhande rumwe, urundi ruhande rugatwarwa mu bundi buryo ku mpamvu ntavuze”.
Yabajijwe
kandi ku byo Ambasaderi w’u Rwanda i Washington yavuze ko u Rwanda rukorana na
M23 mu bijyanye n’umutekano abazwa niba atari ukwemera ko Ingabo z’u Rwanda
ziri mu Burasirazuba bwa Congo nk’uko bivugwa.
Mu gusubiza
Perezida Kagame yavuze ko icya mbere ari ukubanza kumva icyo ingamba
z’ubwirinzi ari cyo avuga ko ari ukurinda umutekano w’igihugu harimo imipaka
n’ubutaka bwacyo.
Yagize ati “
Ibyo birumvikana, ubundi ingamba z’ubwirinzi zishatse gusobanura iki? Zisobanuye
ko ari ukurinda ubutaka bwacu hamwe n’imbibi zacu ku buryo nta watugirira nabi,
bisobanuye ko hari uburyo bwinshi burimo gukoresha ibikoresho byacu bya
gisirikare, kohereza ingabo zacu n’ibindi”.
Yakomeje
agira ati “ Ubundi njyewe ntabwo numva ikintu kitumvikana. Niba kurinda imbibi
zacu bisaba ko umwanzi aguma mu bilometero 5, 10, 20 kure yazo, ibyo ni ingamba
z’ubwirinzi. Hanyuma rero, reka tureke gukomeza kureba ibyo bintu mu buryo
bumwe. Kuki tuvuga u Rwanda gusa, mu gihe ruhanganye na guverinoma iri gukorana
na FDLR, hanyuma yo ntihagire icyo tuyivugaho? Ntutekereze ko nzakuraho ingamba
zanjye z’ubwirinzi mu gihe utari gukuraho ibibangamiye igihugu cyanjye”.
Yongeye
gushimangira ko imikoranire ya leta ya Congo n’umutwe wa FDLR ikiomeje gukaza umurego
avuga ga ko ikibazo atari umubare w’abagize uyu mutwe ahubwo ko ikibazo ari
ingengabitekerezo bifitemo.
Yagize ati “
Imikoranire hagati ya FDLR na Congo ikomeje gukomera kurusha ikindi gihe.
Na ho ku bijyanye n’umubare w’ibi byihebe, ikibazo si umubare kuko bashobora
kuba ari amagana cyangwa ibihumbi, icy’ingenzi ni icyo bifitemo,
ingengabitekerezo yabo, hanyuma no kuba bashyigikiwe na Guverinoma ya Congo
ibyo ubwabyo bituma bateje ikibazo gikomeye kuri twe”.
Perezida
Kagame yagaragaje ko igisubizo cyirambye kuri iki kibazo ari ukubahiriza
ibisabwa byose bikubiye mu masezerano yaba ayasinyiwe i Washington hamwe n’andi
yayabanjirije mu bihe bya mbere aho yavuze ko ari ibintu leta ya Congo yanze
kubahiriza na mba.
Tariki ya 27
Kamena 2025, u Rwanda na RDC byagiranye amasezerano y’amahoro, bibifashijwemo
na Amerika. Yibandaga ku gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR no gukuraho
ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho.
Tariki ya 4
Ukuboza 2025, ibi bihugu byombi byasimangiye aya masezerano, byongeraho ingingo
y’ubufatanye bw’akarere mu iterambere ry’ubukungu, bwibanda ku bucuruzi,
ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro no kubaka ibikorwaremezo.
Amasezerano
ya Washington asaba Leta ya RDC gusenya FDLR ariko ntiyabyubahirije. U Rwanda
rwagaragaje ko rudashobora gukuraho ingamba z’ubwirinzi mu gihe uyu mutwe
n’abafatanyabikorwa bawo bashaka kuruhungabanya bari hafi y’umupaka.
Kuva aya
masezerano yashyirwa umukono ntakintu na kimwe leta ya Congo yigeze igaragaza
mu gushaka uko yatangira gusenya uyu mutwe ugizwe n’interahamwe zagize uruhare
muri Jenoside yakorewe Abatutse mu 1994.