• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Ubuyobozi bw’Uburusiya bwashyikirije Ukraine imirambo igera ku 1,000 y’abasirikare baguye ku rugamba, mu gikorwa cy’ubufatanye bw’impande zombi nubwo intambara igikomeje.

Ibi byabaye mu rwego rwo gusubiza imiryango y’ababuze imibiri y’ababo, kugira ngo bashobore kubashyingura mu cyubahiro. Ni imwe mu ngingo z’ubufatanye bukomeza kubaho hagati y’ibihugu byombi, nubwo hari amakimbirane akomeye akomeje mu ntambara yatangiye mu 2022.

Gusubiza imirambo y’abapfuye ni ingenzi cyane ku miryango yabo, kuko bibafasha kubona amahoro yo mu mutima no guha ababo icyubahiro kibakwiriye mu gushyingura.

Ni igikorwa gikunze gukorwa binyuze mu biganiro hagati y’impande ziri mu ntambara, akenshi kibera ku mipaka cyangwa mu duce twemeranyijweho.

Nubwo ibikorwa nk’ibi by’ubutabazi bikomeza, intambara hagati ya Russia na Ukraine iracyakomeza gusiga ingaruka zikomeye zirimo: gutakaza ubuzima bw’abantu benshi .gusenya ibikorwa remezo no guhungabanya ubuzima bw’abaturage

Ibi bigaragaza uburemere bw’iyi ntambara, n’ingaruka zayo ku mpande zombi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments