• Amakuru / MU-RWANDA

 Urubyiruko ruturutse hirya no hino mu gihugu rwahuriye mu busitani bwo kwibuka buri ku rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro, mu gikorwa cyiswe ‘Our Past’, kigamije kuganira no kwiga ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.Aho rwasabwe guhagurukira kurwanya bafite ingengabitekerezo ya Jenoside 

Iki gikorwa cyateguwe n’umuryango ‘Our Past Initiative’, washinzwe mu 2012 n’urubyiruko ruyobowe na Christian Intwari, gifite intego yo kwigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi no guteza imbere ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda.

Mu bitabiriye iki gikorwa harimo abayobozi mu nzego zitandukanye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe; Minisitiri w’Urubyiruko, Jean Nepo Abdallah; ndetse n’uhagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Rwanda, Belén Calvo Uyarra.

Urubyiruko rwitabiriye uyu mugoroba rwaganirijwe na Nsengiyumva Issa warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 aho yavuze uburyo we n’umuryango we wari utuye mu Murenge wa Kagarama mu Karere ka Kicukiro, bahungiye mu cyahoze ari ETO Kicukiro ubwo Jenoside yatangiraga.

Nsengiyumva wari ufite imyaka 9 yavuze ko bakuwe aho, bajyanwa i Nyanza ya Kicukiro aho bicirwaga ariko akaza kuhava nubwo ababyeyi be bahaguye ndetse akaba ari na ho baruhukiye ubu.

Yagarutse ku kurokoka kwe avuga ko nyuma yo kuva i Nyanza amahoro, yaje guhura n’Inkotanyi zamutabaye. Ati “Turashimira Imana yo yahaye Inkotanyi imbaraga zo kuturokora. Iyo hatabaho Inkotanyi ngo zibohore u Rwanda nanjye ubu ntabwo mu mumbona, mba nshyinguye muri uru Rwibutso.”

Uru rubyiruko kandi rwakurikiranye umukino wateguwe n’Itsinda ry’abakinnyi ba Our Past wiswe “Inzibutso,” ugaruka ku rugendo rw’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’uburyo abarokotse bakomeje kwiyubaka.

Uyu mukino ugaragaza urugendo rukomeye abarokotse banyuzemo, rwo kongera kubaho no gukira ibikomere, ndetse no kugera ku rwego rwo kubabarira ababakoreye Jenoside. Unagaruka kandi ku rugendo rw’abayikoze, rwo kwemera ibyaha, gusaba imbabazi no kongera kwisanga mu muryango Nyarwanda.

Muri iki gikorwa kandi hacanywe urumuri rw’icyizere nk’ikimenyetso gishimangira ko rumurikiwe ndetse ahazaza harwo hatekanye kandi hadaheza

Igikorwa cy’urubyiruko cya ‘Our Past’ kirerekana ubushake urubyiruko rufite mu kubungabunga amateka, kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no kubaka ejo hazaza harangwa n’ubumwe n’amahoro.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe yabwiye urubyiruko rwari rwitabiriye igikorwa cya Our Past  ko ubu ikibazo gihangayikishije ari gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bikorwa n’urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga.

Yatanze urugero ku ihuriro rya Jambo ASBL rigizwe n’abana bakomoka ku bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, agaragaza ko iri huriro ryitwaza ko bazira kuba baturuka ku babyeyi b’abanyabyaha ndetse bakavuga ko Jenoside itateguwe ahubwo ibyabaye ari uburakari Abahutu bagize batewe n’uko Abatutsi babiciye Perezida wabo ari we Habyarimana.

Yasabye urubyiruko guhagurukira kurwanya abo bantu, kwihugura ku mateka, kwigishanya amateka ndetse no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati “Ubumwe bw’Abanyarwanda, ubworoherane, kumva ko Abanyarwanda turi bamwe tugomba kubishyira imbere, ndetse n’urwo rubyiruko rwo hanze rugifite ingengabitekerezo ya Jenoside tukababwira tuti musigeho ibyo mwakoze cyangwa ibyo ba so bakoze ntabwo bizongera kubaho ukundi mu Rwanda. Ibyo bintu tubyumve kandi tubifate nk’inshingano.”

Iki gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 cyitabiriwe n’urubyiruko rurenga ibihumbi 10, aho rwateraniye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ruri mu Karere ka Kicukiro.

 













 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments