Igikorwa cy’ibiganiro bya Doha hagati y’umutwe wa AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kirasubukurwa muri iki cyumweru, ariko kikaba cyimuriwe mu gihugu cy’u Busuwisi kubera intambara iri mu Burasirazuba bwo Hagati.
Umutwe wa AFC/M23 wagejeje kuri Mohammed Bin Abdel Aziz Al Khulaifi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Qatar, urutonde rw’abantu 12 bagize intumwa zawo zizitabira ibi biganiro. Muri abo harimo abaganira batandatu, bayobowe na René Abandi nk’umuyobozi w’itsinda ry’abaganira, hamwe n’impuguke esheshatu.
Mu mpuguke zatangajwe harimo Claude Ibalanky Ekolomba, wahoze ari ambasaderi wihariye wa Perezida Félix Tshisekedi. Uyu ni bwo bwa mbere agaragaye ku mugaragaro nk’umwe mu bari mu mutwe wa AFC/M23.
Mu mpera za Mutarama uyu mwaka, Ibalanky yari yagaragaye i Goma ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23, aho yavuze ko atari yabinjiyemo ku mugaragaro, ahubwo ko yatanze “ubusabe” kuri Corneille Nangaa. Yanavuze ko ashobora gukorana na bo nk’umujyanama wigenga (consultant externe), ategereje igisubizo cya Nangaa.
Claude Ibalanky Ekolomba yigeze kuba umuhuzabikorwa wa Mécanisme national de suivi de l’Accord-cadre d’Addis-Abeba (MNS), urwego rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa RDC. Ku wa 23 Gicurasi 2023, yagizwe ambasaderi wihariye wa Perezida wa Repubulika binyuze mu iteka rya Perezida.
Ku wa 12 Kamena 2023, yatangije umutwe wa politiki witwa Réveil Populaire (REPOP), washinzwe mu rwego rwo kwitegura amatora rusange yo mu Ukuboza 2023, ushyigikira manda ya kabiri ya Félix Tshisekedi.
Nyuma, ku wa 19 Mutarama 2024, uwo mutwe watangaje ko utishimiye ibyavuye mu matora y’abadepite byatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (CENI).
Like This Post? Related Posts