Umuryango
w'umunyamerikakazi uzwi ku mbuga nkoranyambaga urimo gusaba ibisubizo nyuma
y'amakuru avuga ko yapfiriye muri Tanzania aho yari yaragiye gutemberana
n'umukunzi we.
Leta ya
Tanzania cyangwa polisi yaho ntacyo baravuga ku makuru y'urupfu rwa Ashlee
Jenae uzwi ku mbuga nkoranyambaga aho agaragaza imibereho y'ubuzima
bw'agatatangaza.
Urupfu rwe
rwatangajwe bwa mbere ku cyumweru n'uvuga ko ari inshuti ye wavuze ko bamusanze
yapfiriye mu cyumba cya hotel yari arimo kandi ko umukunzi we yavuze ko
yiyahuye.
Mu itangazo
ry'umuryango wahaye ibinyamakuru muri Amerika birimo TMZ, bavuze ko
"urugendo rw'inzozi" Ashly Robinson – amazina ye nyakuru - yari
yagiyemo rwahindutse "inkuru mbi ku muryango" wabo.
Uwo muryango
uvuga ko muri urwo rugendo, rwarimo no kwishimira isabukuru ye y'imyaka 31
hamwe n'umukunzi we, "Ashly bamusanze yahwereye mu cyumba cye ajyanwa kwa
muganga hafi, aho nyuma y'amasaha byemejwe ko yapfuye".
Uwo muryango
uvuga ko harimo gukorwa iperereza kandi ko nubwo ufite "ibibazo
byinshi" wizeye abategetsi muri Zanzibar , ko "barimo gukorana bya
hafi mu gushaka umucyo n'ibisubizo".
Amashusho
yatangaje, yerekana Ashlee Jenae yambikwa impeta y'urukundo n'umukunzi we bari barajyanye mu rugendo rw'ibyishimo muri
Tanzania mu mashusho bari imbere y'inyamaswa y'imbonekarimwe y'intare yera.
Abategetsi
muri Zanzibar cyangwa Tanzania nta cyo baratangaza, abahagarariye Amerika muri
Tanzania na bo nta cyo baravuga ku makuru arimo kuvugwa y'urupfu rwa Ashlee.