• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuryango w'umunyamerikakazi uzwi ku mbuga nkoranyambaga urimo gusaba ibisubizo nyuma y'amakuru avuga ko yapfiriye muri Tanzania aho yari yaragiye gutemberana n'umukunzi we.

Leta ya Tanzania cyangwa polisi yaho ntacyo baravuga ku makuru y'urupfu rwa Ashlee Jenae uzwi ku mbuga nkoranyambaga aho agaragaza imibereho y'ubuzima bw'agatatangaza.

Urupfu rwe rwatangajwe bwa mbere ku cyumweru n'uvuga ko ari inshuti ye wavuze ko bamusanze yapfiriye mu cyumba cya hotel yari arimo kandi ko umukunzi we yavuze ko yiyahuye.

Mu itangazo ry'umuryango wahaye ibinyamakuru muri Amerika birimo TMZ, bavuze ko "urugendo rw'inzozi" Ashly Robinson – amazina ye nyakuru - yari yagiyemo rwahindutse "inkuru mbi ku muryango" wabo.

Uwo muryango uvuga ko muri urwo rugendo, rwarimo no kwishimira isabukuru ye y'imyaka 31 hamwe n'umukunzi we, "Ashly bamusanze yahwereye mu cyumba cye ajyanwa kwa muganga hafi, aho nyuma y'amasaha byemejwe ko yapfuye".

Uwo muryango uvuga ko harimo gukorwa iperereza kandi ko nubwo ufite "ibibazo byinshi" wizeye abategetsi muri Zanzibar , ko "barimo gukorana bya hafi mu gushaka umucyo n'ibisubizo".

Amashusho yatangaje, yerekana Ashlee Jenae yambikwa impeta y'urukundo n'umukunzi we  bari barajyanye mu rugendo rw'ibyishimo muri Tanzania mu mashusho bari imbere y'inyamaswa y'imbonekarimwe y'intare yera.

Abategetsi muri Zanzibar cyangwa Tanzania nta cyo baratangaza, abahagarariye Amerika muri Tanzania na bo nta cyo baravuga ku makuru arimo kuvugwa y'urupfu rwa Ashlee.

 






Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments