• Imyidagaduro / ABAHANZI

Mu gihe  abanyarwanda n’isi yose  muri  rusange turi  mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri  1994 ku nshuro ya 32 bwifatanyije n’abanyarwanda kwibuka no kunamira ababo bazize  Jenoside .

 Ni muri urwo rwego Ubuyobozi  bw’inzu ifasha abahanzi  izwi nka  Bridges Records  bwifatanyije n’abanyarwanda ari abari mu Rwanda n’abari hanze  yarwo muri ibi bihe bikomeye ku gihugu cyacu  kwibuka no kunamira abacu bazize  Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Mu  butumwa bw’Umuyobozi Mukuru wa Bridge Recordd Bwana Uwizeye  Jaques uzwi nka Jack Ross  yagize ati :Muri Ki gihe  Twibuka  Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 twifatanyije n’abanyarwanda bose n’abari  mu mahanga mu kuzirikana abacu  bazize  Jenoside yakorewe  Abatutsi  mbasaba  gushyigikira abarokotse no kwamagana abagipfobya Jenoside yakorewe Abatsutsi 1994

Yakomeje agira  ati “ Twiyemeje gukomeza kurinda ukuri, guharanira amahoro no gusigasira ubumwe bw’abanyarwanda twubaka u Rwanda twifuza kandi  turwimane  kubashaka  gusenya ibyiza twagezeho .

Yasoje asaba abahanzi n’urubyiruko guhagurukira kurwanya abantu bakomeje gusakaza ingengabitekerezo ya  Jenoside  banyuze ku mbuga nkoranyambaga abasaba ko nabo ari ijwi rikomeye ryo  kurwanya abo bakomeje gushaka kuroha urubyiruko rw’u Rwanda.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments