Perezida
Paul Kagame yageze i Brazzaville, aho azitabira umuhango w’irahira rya Perezida Denis Sassou Nguesso wongeye gutorerwa kuyobora Repubulika ya Kongo.
Perezida
Kagame yageze i Brazzaville kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Mata 2026, yakirwa
na Minisitiri w’Intebe Anatole Collinet Makosso.
Umuhango
w’irahira rya Perezida Sassou Nguesso uteganyijwe ejo ku wa Kane, tariki ya 16
Mata 2026.
Perezida wa
Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso, yongeye gutorerwa kuyobora igihugu
ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, mu matora yabaye ku wa 15 Werurwe 2026, aho
yatsinze ku bwiganze bw’amajwi 94,82%.
Uyu mukuru
w’igihugu, uhagarariye ishyaka rya Parti congolais du travail, yabaye Perezida
bwa mbere mu 1979, aza kuva ku butegetsi mu 1992 nyuma y’amatora ya mbere ya
demokarasi, aza kongera kugaruka ku butegetsi mu 1997 nyuma y’intambara
y’imbere mu gihugu yamaze amezi ane.
Ku rundi
ruhande Perezida Kagame na Perezida Sassou Nguesso bafitanye umubano w’igihe
kirekire, byumwihariko ushingira ku bushuti bw’ibihugu byombi.
Mu ruzinduko
rwa Perezida Nguesso mu Rwanda muri Nyakanga 2023, Perezida Kagame yamwambitse
umudali w’icyubahiro mu rwego rwo kumushimira umusanzu we mu gushyigikira
iterambere rya Afurika.
Mu rwego rwo
gushimangira ubucuti bw umwihariko, Perezida Kagame yagabiye Nguesso inka
z’Inyambo mu rwuri rwe ruri i Kibugabuga mu Karere ka Bugesera, ikimenyetso
gakondo kigaragaza igihango kidatezuka.
Uretse ubucuti bw’abayobozi, u Rwanda na Repubulika ya Congo bifitanye imishinga ikomeye y’ubutwererane mu buhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ndetse n’ubwikorezi bwo mu kirere aho sosiyete ya RwandAir ikora ingendo hagati y’i Kigali na Brazzaville kuva mu mwaka wa 2011.