• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Mu gihe  isi  ihugiye ku ntambara iri kubera mu burasirazuba bwo hagati Amerika  na Iran byashoye kuri Iran, Iyo muri Sudan yo  yinjiye mu mwaka wa kane aho abaturage b’icyo gihugu  basaba ko yahagarara.

Iyi ntambara hagati y’ingabo za leta n’umutwe w’ingabo zidasanzwe wa Forces de Soutien Rapide (RSF) imaze gutuma abantu barenga miliyoni 13 bava mu byabo, igihugu kikaba gifatwa nk’icya mbere ku isi mu bibazo by’ubutabazi n’inzara.

Muri Kenya, Abanyasudani bahahungiye bakoze igikorwa cyo gutera ibiti mu murwa mukuru Nairobi, bafatanyije n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, basaba ihagarikwa ry’iyi ntambara.

Umwe muri bo, Nidal Musa, yagize ati:“Ndifuza ko imirwano ihagarara kugira ngo nsubire mu rugo. Urugo rwanjye rurambabaza.”

Abigaragambyaga bari bafite ibyapa byanditseho ubutumwa bwa #KeepEyesOnSudan, bagaragaza ububabare bw’abasivili bakomeje guhura n’ingaruka z’iyi ntambara.

Mu myaka ine ishize iyi ntambara  imaze guhitana Abantu nibura 59,000 Abasaga 11,000 baburiwe irengero nk’uko Croix-Rouge ibivuga, Abagera kuri 34 miliyoni bakeneye ubufasha bwihutirwa nk’uko Umuryango w;abibumbye ubitangaza naho abana barenga 800,000 bashobora kwibasirwa n’imirire mibi ikabije

Mu duce nka Darfour, ibikorwa by’urugomo byakajije umurego, birimo ubwicanyi n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Iyi ntambara kandi yanateje inzara ikomeye, mu gihe n’indwara nka kolera zikomeje gukwirakwira. Nk’uko ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima ribivuga, ibigo nderabuzima bingana na 63% gusa ni byo bikiri gukora, igice cyangwa byuzuye.

Ibihugu bituranye nka Tchad byakiriye impunzi zirenga 900,000, aho umujyi wa Adré ukomeje kwakira abahunga buri munsi.

Ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’indi miryango mpuzamahanga byagerageje gushaka agahenge, ariko ntibyigeze bigerwaho, cyane cyane kubera izindi ntambara ziri kwibandwaho.

Mu budage habereye inama igamije gushaka inkunga no gushishikariza agahenge, nubwo ubuyobozi bwa Soudan bwamaganye iyo nama.

Kuri ubu, Soudan igabanyijemo ibice bibiri: harimo Leta ishyigikiwe n’ingabo, ifite icyicaro i Khartoum  n’Ubuyobozi bw’umutwe wa Forces de soutien rapide (RSF) bugenzura Darfour n’ibindi bice

Nubwo hari abantu hafi miliyoni 4 basubiye mu byabo mu 2025, baracyahura n’ibibazo bikomeye birimo ibikorwaremezo byangiritse.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments