• Amakuru / POLITIKI

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani, yakiriye ubutumwa bwanditse bwa Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, buvuga ku mubano w’ibihugu byombi n’uburyo bwo kuwushyigikira no kuwuteza imbere.

Ubu butumwa bwa Perezida Kagame bwajyanywe i Doha na Dr. Vicent Biruta, Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu bwakirwa na mugenzi we wo muri Qatar, Sheikh Khalifa bin Hamad bin Khalifa Al Than, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Umutekano muri Qatar.

Kuri X iyi Minisiteri yanditse ko mu ruzinduko, Dr Biruta arimo muri Qatar yaganiriye na Sheikh Khalifa bin Hamad bin Khalifa Al Than ku mubano uri hagati y’ibihugu byombi by’umwihariko mu mutekano ndetse banaganira ku ngingo zirebana n’Akarere ndetse na mpuzamahanga mu nyungu zihuriweho.

U Rwanda na Qatar bifitanye umubano umaze gushinga imizi mu nzego zitandukanye.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani ku wa 20 Ugushyingo 2025 yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu i Kigali rwari rugamije gushimangira umubano.

Muri urwo ruzinduko, Perezida Kagame yamugabiye inka z’Inyambo, nk’igisobanura cy’ubucuti, kubahana n’umubano mwiza hagati y’abayobozi bombi hamwe n’ibihugu byabo.

U Rwanda na Qatar kandi byagiye bisinya amasezerano agamije kwagura no kunoza umubano arimo n’ayo gukuraho Visa ku baturage.

Sosiyete z’indege z’Ibihugu byombi, RwandAir na Qatar Airways zifitanye imikoranire

Ubu  Qatar  ifite  imigabane ingana na 60% mu mushinga  w’ikibuga cy’indege cya Kigali  kiri kwubakwa mu karere  ka BUgesera kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira abagenzi miliyoni 14 ku mwaka

Mu rwego  rw’umutekano  Polisi y’u Rwanda niya  Qatar byasinye amasezerano  y’imikoranire agamije gushimangira ubufatanye bw’Impande zombie mu byerekeye umutekano no guhana abanyabyaha .


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments