Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Israel na Lebanon byumvikanye kongera igihe cy’agahenge kari hagati yabyo, kakaba kashyizwe ku byumweru bitatu.
Ibi byemejwe nyuma y’inama yahuje abahagarariye impande zombi yabereye
muri White House, aho Amerika yakomeje kugaragara nk’umuhuza w’ingenzi mu
gushaka amahoro hagati y’ibi bihugu.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Trump yavuze ko ibiganiro
byagenze neza cyane, agaragaza ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika izakomeza
gukorana na Lebanon mu kurwanya umutwe wa Hezbollah, usanzwe ushinjwa guteza
umutekano muke muri aka karere.
Yagize ati: “Agahenge kari hagati ya Israel na Lebanon kongeweho
ibyumweru bitatu.”
Agahenge kari gasanzweho kemejwe ku wa 16 Mata 2026, kari
kagenewe kumara iminsi 10, ariko kari kegereje kurangira. Kwongerwa k’igihe
k’ibyumweru bitatu biteganyijwe gutuma ibiganiro bya dipolomasi bikomeza,
hagamijwe gushaka umuti urambye w’amakimbirane hagati y’impande zombi.
Mu masezerano mashya, impande zombi zemeranyije ku ngingo z’ingenzi zirimo:
Israel na Lebanon byombi byasabye Amerika gukomeza kuba umuhuza mu
biganiro bikomeje, hagamijwe gukemura ibibazo byose bisigaye no kugera ku
mahoro arambye.
Trump kandi yavuze ko hari gutekerezwa inama ishobora guhuza abayobozi
bakuru b’ibihugu byombi muri Amerika, nubwo itariki yayo itaratangazwa.
Israel na Lebanon ntibifitanye umubano wa dipolomasi, kandi ibiganiro
bya nyuma byo ku rwego rwo hejuru byabaye hagati yabyo byari mu 1993. Ibi
bituma aka gahenge gafatwa nk’intambwe y’ingenzi, nubwo hakiri inzitizi nyinshi
mu rugendo rugana ku mahoro arambye.