• Amakuru / POLITIKI

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, yigaramye amakuru avuga ko igihugu cye kiri mu mugambi na Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye wo kugaba ibitero ku Rwanda.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa 24 Mata 2026, mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa X, aho yasubizaga uwari abajije niba koko u Bubiligi buri gufatanya n’u Burundi mu mugambi wo gutera u Rwanda avuga ko aya makuru ari ibinyoma ndetse nta shingiro afite.

Prevot yagize ati “Ibi birego ni ibinyoma kandi nta shingiro na rito bifite. Nta na rimwe hoherejwe intwaro ziva mu Bubiligi zijya mu Burundi.”

Yavuze ko atari ubwa mbere ibi bivuzwe ko u Bubiligi bufasha u Burundi mu mugambi wo kugaba ibitero i Kigali.

Yagize ati “ Biteye agahinda kuba ubu bwoko bw’amakuru y’ibinyoma atari mashya akoreshwa cyane n’abashaka gukongeza amakimbirane, yaba hagati y’u Bubiligi n’u Rwanda cyangwa mu karere muri rusange no guca intege ingufu zishyirwa mu biganiro n’ubwiyunge. Ngira ngo rero mube maso ntimugwe muri uwo mutego.”

Yakomeje avuga ko u Bubiligi buhagaze ku kuba nta gisubizo cya gisirikare cyakemura ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa Congo, ashimangira ko inzira yonyine ishoboka kandi irambye ari iya politiki, ishingiye ku biganiro no kugera ku mahoro y’igihe kirekire.

Ibi bije nyuma y’uko hashize iminsi havugwa amakuru y’uko u Bubiligi bumaze igihe bufasha  u Burundi mu kubuha intwaro, buzifashisha mu mugambi wo gutera u Rwanda.

Amakuru avuga ko ubwoko bw’intwaro u Bubiligi buri guha u Burundi harimo za drone zigera ku bihumbi 5 ndetse n’imbunda zirimo iziremereye.

Bivugwa kandi ko u Burundi bwamaze gutegura ingabo zibarirwa mu 50,000 zigomba kwifashishwa muri uriya mugambi.

Ni kenshi Perezida Ndayishimiye yakunze kwigamba ko azatera u Rwanda aho mu kiganiro yigeze guha BBC yavuze ko gutera u Rwanda aciye mu Kirundo atari kure avuga ko u Rwanda rutamurusha igisirikare gikomeye.

Umwuka utari mwiza hagati y’u Rwanda n’u Burundi umaze igihe nyuma y’uko Ndayishimiye yashinje u Rwanda gushaka gutera igihugu cye binyuze mu mutwe wa RED Tabara urwanya ubutegetsi bwe.

Ibi birego u Rwanda rwabyamaganiye kure inshuro nyinshi ruvuga ko bidafite ishingiro ndetse ko nta na rimwe rwigeze rugira umugambi wo kugaba igitero ku gihugu icyo ari cyo cyose.

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments