• Amakuru / POLITIKI


Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araqchi, ategerejwe i Islamabad kuri uyu wa 24 Mata 2026, ibyitezwe ko ibiganiro hagati yabo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika byo guhagarika intambara bishobora gusubukurwa.

Itangazamakuru rya Iran, ryavuze ko Araqchi asura Pakistan, Oman n’u Burusiya. Icyakora ntihavuzwe iby’uko ashobora kugirana ibiganiro na Leta Zunze Zunze Ubumwe za Amerika nubwo benshi babyiteze.

Abayobozi bo muri Pakistan babwiye Reuters ko uruzinduko rwa Araqchi rushobora gutuma hasubukurwa ibiganiro byo guhagarika intambara.

Umwe mu bayobozi ba Pakistan yagize ati “Azatubwira amabwiriza afite nagera aha. Ibindi bihari ni ibivugwa biri aho gusa.”

Nubwo ntacyo Amerika iravuga kuri uru ruzinduko, Minisitiri w’Intambara wa Amerika, Pete Hegseth, yatangaje ko umupira usigariye ku ruhande rwa Iran, ndetse ubu ifite amahirwe yo kugirana na Amerika amasezerano adasanzwe.

Ibiganiro bya Amerika na Iran byari byitezwe ku wa 21 Mata 2026, ariko ntibyaba. Amerika yagaragazaga ko yiteguye ariko Iran yo ikemeza ko itarafata icyemezo kuko yabonye Amerika idakomeje.

Perezida Trump aherutse kongera igihe agahenge ko kutarasa kuri Iran kari kamaze ibyumweru bibiri kazamara, agaragaza ko ategereje ko Iran yemera ibiganiro.

Ni mu gihe ku rundi ruhande na bwo Israel na Liban byongereye agahenge kazamara ibyumweru bitatu mu biganiro byahuje impande zombi zihuriye muri Amerika. Iran igaragaza ko uko ibintu bimeze muri Liban byo bizashingiraho mu kuganira na Amerika.

Israel yatanye mu mitwe n’Umutwe wa Hezbollah ubarizwa muri Liban mu ntangiriro za Werurwe 2026.

Icyo gihe uyu mutwe warashe kuri Israel uvuga ko uri guhorera Ali Khamenei wari wishwe mu bitero bya mbere byagabwe muri Iran.

Trump yavuze ko nta kwihutira amasezerano kuko ashaka ko azasinywa azaba ari aya burundu, agaragaza ko Amerika ifite ijambo rikomeye ku muyoboro wa Hormuz ukomeje gutuma ubukungu bw’ibihugu buhungabana, kubera ko wafunzwe na Iran kandi unyuzwamo ibikomoka kuri peteroli bingana na 20% bikoreshwa ku Isi.

Amerika yabuze uko igira na yo ikumira ubwato bwinjira n’ubuva muri Iran bukoresheje iyi nzira, kuburyo ubwato 34 bwa Iran bwasubijwe inyuma.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments