• Amakuru / POLITIKI


Umuyobozi w’Ubutumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), James Swan, yasuye abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bitegura gutaha mu Rwanda, abashimira icyemezo bafashe cyo gushyira hasi intwaro.

Aba barwanyi bari mu kigo cya MONUSCO cyakirirwamo abarambitse intwaro giherereye muri Bambiro, teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru icyakoze umubare wabo cyangwa imyirondoro yabo ntibyatangajwe.

MONUSCO yemeza ko aba barwanyi bari kumwe n’abo mu miryango yabo, barimo abagore n’abana.

Nyuma yo gusura aba barwanyi, Swan yatangaje ko ikibazo cya FDLR kiri mu byo MONUSCO n’umuryango mpuzamahanga bibona ko biri mu byihutirwa bigomba gukemuka, asaba Abanye-Congo kubigiramo uruhare.

Yagize ati "Ku kibazo cya FDLR iri kuva mu mashyamba no gucyura abiteguye gutaha mu gihugu cyabo, ndagira ngo mpamye ko kiri mu byihutirwa kuri MONUSCO, umuryango mpuzamahanga kandi byashimangiwe n’imyanzuro y’akanama ka Loni gashinzwe umutekano."

FDLR yashinzwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ubu iracyakorera mu burasirazuba bwa RDC kandi ifashwa n’ubutegetsi bw’iki gihugu, igakorana bihoraho n’ingabo zacyo.

Kuva uyu mutwe washingwa mu 2000, akanama ka Loni gashinzwe umutekano kafashe imyanzuro myinshi isaba ko usenywa, ingabo za MONUSCO zihabwa inshingano yo kuyishyira mu bikorwa ariko aho gusenywa, ubushobozi bwawo burushaho kwiyongera.

Tariki ya 27 Kamena 2025, u Rwanda na RDC byagiranye amasezerano y’amahoro, bibifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mu ngingo nyamukuru ziyakubiyemo harimo gusenya FDLR ariko ibikorwa byo kuwusenya ntibiratangira.

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, muri Kamena 2025 yatangaje ko FDLR ifite abarwanyi babarirwa hagati ya 7000 na 10.000, bivanga mu baturage iyo bamenye ko bagiye kugabwaho ibitero.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments