• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE



Umukozi wa leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukangisha kwica uwahoze ari Perezida wa Amerika, Donald Trump, ndetse no gukoresha mudasobwa y’akazi mu bikorwa bifitanye isano n’uwo mugambi.

Abashinjacyaha batangaje ko uyu mugabo witwa Dean DelleChiaie, ufite imyaka 35 y'amavuko, ari umukozi w’Ikigo cy’Amerika gishinzwe kugenzura indege za gisivile, Federal Aviation Administration (FAA), aho akorera muri Leta ya New Hampshire.

Iperereza rigaragaza ko DelleChiaie yakoresheje mudasobwa y’akazi ashakisha ku rubuga rwa interineti amagambo n’amakuru ateye inkeke, arimo uburyo bwo kwinjiza imbunda mu nyubako za leta ndetse n’interuro igira iti: “Ngiye kwica Donald Trump.”

Ibi byatumye inzego z’umutekano zitangira kumukurikiranaho iperereza ryimbitse, cyane cyane ko ayo makuru yashakishijwe mu buryo bugaragaza umugambi ushobora gushyira mu kaga ubuzima bw’umuntu uri ku rwego rwo hejuru.

Nk’uko bigaragara mu nyandiko yagejejwe mu rukiko yarahiriwe (affidavit), FAA ni yo yamenyesheje inzego z’umutekano nyuma y’uko uyu mukozi asabye ishami rishinzwe ikoranabuhanga gusiba amateka y’ibyo yari yashakishije kuri mudasobwa y’akazi, ibintu byateye amakenga kurushaho.

Ku itariki ya 3 Gashyantare 2026, abakozi b’urwego rushinzwe kurinda Perezida n’abandi bayobozi bakuru muri Amerika, United States Secret Service, bagiye kumubariza iwe, aho bivugwa ko yemeye ko yakoze ayo maperereza kuri interineti.

Uretse ibyo, abashinjacyaha bavuga ko DelleChiaie yanashakishije amakuru ajyanye n’imiryango y’abandi bayobozi bakomeye, barimo Visi Perezida JD Vance n’Umunyamabanga wa Minisiteri y’Ingabo, Pete Hegseth.

Ibi byatumye iperereza rifatwa nk’iriremereye, kuko rikubiyemo ibikorwa bishobora gufatwa nk’igerageza ryo kugirira nabi abayobozi bakuru b’igihugu cyangwa gutegura ibindi byaha bikomeye.

Uyu mugabo biteganyijwe ko yitaba urukiko ku wa Kabiri, mu gihe umwunganizi we mu mategeko atarahita agira icyo atangaza kuri ibi birego.

Ibi bibaye mu gihe mu minsi ishize hari abandi bantu batatu nabo bashinjwe gukangisha kwica Trump, harimo n’uwahoze ayobora Federal Bureau of Investigation (FBI), James Comey, wavuzweho guteza impaka nyuma yo gushyira ku rubuga rwa Instagram ifoto y’ibinyamunjonjorerwa (seashells) bamwe basobanuye nk’ifite ubutumwa bwihishe.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments