Donald Trump
yageze i Beijing mu China ku mugoroba wo ku wa Gatatu ku isaha yo muri icyo
gihugu hari kw’isaha ya saa munani z’amanywa , mbere y’inama ikomeye
azagiranamo na Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping.
Trump
yagaragaye asohoka mu ndege ya Air Force One ari kumwe n’umuhungu we Eric
Trump, umukazana we Lara Trump, Umuyobozi Mukuru wa Tesla, Elon Musk, ndetse
n’Umuyobozi Mukuru wa Nvidia, Jensen Huang. Umunyamabanga wa Leta zunze Ubumwe
za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, hamwe n’na Minisitiri w’Intambara
Pete Hegseth, na bo bagaragaye bava muri iyo ndege.
Perezida
Trump yakiriwe na Visi Perezida w’u Bushinwa Han Zheng, Minisitiri w’Ububanyi
n’Amahanga w’u Bushinwa Ma Zhaoxu, ndetse na Ambasaderi wa Amerika mu Bushinwa David
Perdue, nk’uko byatangajwe n’itsinda ry’itangazamakuru rya White House.
Abana
b’Abashinwa 300, umutwe wa gisirikare ucuranga imiziki ndetse n’abasirikare
b’icyubahiro na bo bari bitabiriye umuhango ukomeye wo kwakira Perezida Trump.
Uru
ruzinduko ni rwo rwa mbere Trump agiriye mu Bushinwa kuva mu 2017, ubwo yari
muri manda ye ya mbere.
Biteganyijwe
ko Trump azagirana ibiganiro na Xi Jinping ndetse akitabira ibirori bya leta ku
wa Kane, mbere y’izindi nama zizaba ku wa Gatanu, nyuma agasubira i Washington.
Intambara
iri muri Iran ishobora kuba imwe mu ngingo zizibandwaho muri ibyo biganiro,
hamwe n’imishyikirano y’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.
Mu gihe yari
mu rugendo rugana mu Bushinwa ku mugoroba wo ku wa Kabiri, Trump yavuze ku
rubuga rwa Truth Social ko azasaba u Bushinwa “gufungurira” amasoko ubucuruzi
bw’Abanyamerika.
Abayobozi
benshi b’ibigo bikomeye barimo Elon Musk, Jensen Huang, Umuyobozi Mukuru wa Apple
Tim Cook, Umuyobozi wa Boeing Kelly Ortberg, ndetse n’Umuyobozi wa Goldman
Sachs David Solomon, bari kumwe na Trump muri uru ruzinduko.
Gusa kandi
hari ibibazo bikomeye bishobora guteza impaka muri iyo nama, birimo umugambi wa
Amerika wo kugurisha intwaro Taiwan, ndetse n’igitutu cya Amerika isaba u
Bushinwa kurekura imfungwa zirimo umunyemari wo muri Hong Kong Jimmy Lai na
Pasiteri Ezra Jin.
Ambasade y’u
Bushinwa muri Amerika yashyize ahagaragara ibyo yise “imirongo ntarengwa”
Beijing idashaka ko irengwaho mbere y’uruzinduko rwa Trump, birimo ikibazo cya
Taiwan, demokarasi n’uburenganzira bwa muntu, uburyo bw’imiyoborere
n’uburenganzira bw’u Bushinwa bwo kwiteza imbere.
Like This Post? Related Posts