• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Donald Trump yageze i Beijing mu China ku mugoroba wo ku wa Gatatu ku isaha yo muri icyo gihugu hari kw’isaha ya saa munani z’amanywa , mbere y’inama ikomeye azagiranamo na Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping.

Trump yagaragaye asohoka mu ndege ya Air Force One ari kumwe n’umuhungu we Eric Trump, umukazana we Lara Trump, Umuyobozi Mukuru wa Tesla, Elon Musk, ndetse n’Umuyobozi Mukuru wa Nvidia, Jensen Huang. Umunyamabanga wa Leta zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, hamwe n’na Minisitiri w’Intambara Pete Hegseth, na bo bagaragaye bava muri iyo ndege.

Perezida Trump yakiriwe na Visi Perezida w’u Bushinwa Han Zheng, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa Ma Zhaoxu, ndetse na Ambasaderi wa Amerika mu Bushinwa David Perdue, nk’uko byatangajwe n’itsinda ry’itangazamakuru rya White House.

Abana b’Abashinwa 300, umutwe wa gisirikare ucuranga imiziki ndetse n’abasirikare b’icyubahiro na bo bari bitabiriye umuhango ukomeye wo kwakira Perezida Trump.

Uru ruzinduko ni rwo rwa mbere Trump agiriye mu Bushinwa kuva mu 2017, ubwo yari muri manda ye ya mbere.

Biteganyijwe ko Trump azagirana ibiganiro na Xi Jinping ndetse akitabira ibirori bya leta ku wa Kane, mbere y’izindi nama zizaba ku wa Gatanu, nyuma agasubira i Washington.

Intambara iri muri Iran ishobora kuba imwe mu ngingo zizibandwaho muri ibyo biganiro, hamwe n’imishyikirano y’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.

Mu gihe yari mu rugendo rugana mu Bushinwa ku mugoroba wo ku wa Kabiri, Trump yavuze ku rubuga rwa Truth Social ko azasaba u Bushinwa “gufungurira” amasoko ubucuruzi bw’Abanyamerika.

Abayobozi benshi b’ibigo bikomeye barimo Elon Musk, Jensen Huang, Umuyobozi Mukuru wa Apple Tim Cook, Umuyobozi wa Boeing Kelly Ortberg, ndetse n’Umuyobozi wa Goldman Sachs David Solomon, bari kumwe na Trump muri uru ruzinduko.

Gusa kandi hari ibibazo bikomeye bishobora guteza impaka muri iyo nama, birimo umugambi wa Amerika wo kugurisha intwaro Taiwan, ndetse n’igitutu cya Amerika isaba u Bushinwa kurekura imfungwa zirimo umunyemari wo muri Hong Kong Jimmy Lai na Pasiteri Ezra Jin.

Ambasade y’u Bushinwa muri Amerika yashyize ahagaragara ibyo yise “imirongo ntarengwa” Beijing idashaka ko irengwaho mbere y’uruzinduko rwa Trump, birimo ikibazo cya Taiwan, demokarasi n’uburenganzira bwa muntu, uburyo bw’imiyoborere n’uburenganzira bw’u Bushinwa bwo kwiteza imbere.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments