• Amakuru / POLITIKI


Étienne Davignon wari umwe mu bashinjwaga kugira uruhare mu rupfu rwa Patrice Lumumba wabaye Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Repubulika ya Congo, yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa 18 Gicurasi 2026 afite imyaka 93.

Lumumba wari umwe mu baharaniye ubwigenge bwa Congo yishwe arashwe muri Mutarama 1961 nyuma yo gutabwa muri yombi hashingiwe ku mabwiriza yashyizwe ku Bubiligi bwari bwarakolonije Congo.

Davignon wari umudipolomate w’Ububiligi muri Congo, yari umwe mu bantu 10 bashinjwe gufunga Lumumba binyuranyije n’amategeko no kugira uruhare mu itotezwa rye kugeza yishwe.

Muri Werurwe 2026, abacamanza bagenza ibyaha mu Bubiligi bari banzuye ko Davignon ari we muntu wa nyuma wari ukiriho ufitanye isano n’uru rupfu, banategeka ko dosiye ye ishyikirizwa urukiko mpanabyaha kugira ngo akurikiranwe ku byaha by’intambara.

Gusa Davignon ntiyigeze yemera ibyo yashinjwaga, ndetse yari yarajuririye uwo mwanzuro mbere y’uko apfa.

Nubwo amazina ye akunze kuvugwa mu mateka y’urupfu rwa Lumumba, mu Burayi benshi bamufata nk’umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu iterambere ryUbumwe bw’uburayi no mu mishinga ikomeye y’ubukungu n’ubwikorezi, aho yanagize uruhare mu ishingwa rya Brussels Airlines.

Michel Barnier wabaye Minisitiri w’Intebe w’Ubufaransa yavuze ko Davignon yari umuntu wagiriye akamaro u Bubiligi n’Ubumwe bw’u Burayi muri rusange.

Na ho Enrico Letta wahoze ayobora Guverinoma y’Ubutaliyani yavuze ko Davignon asize umurage ukomeye mu mishinga y’Ubumwe bw’u Burayi kandi ko azakumburwa n’Abanyaburayi benshi.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments