• Amakuru / POLITIKI


Abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bashinze ihuriro rishya ryiswe “C64”, rigamije guhangana n’umugambi bavuga ko ushobora gutuma Itegeko Nshinga rivugururwa kugira ngo Perezida akomeze kuyobora igihugu nyuma ya manda ebyiri.

Iri huriro ryatangijwe ku wa 19 Gicurasi 2026 mu muhango wabereye mu Mujyi wa Kinshasa, rihuza abanyapolitiki bakomeye barimo Martin Fayulu, Moïse Katumbi, Jean-Marc Kabund, Delly Sesanga na Matata Ponyo.

Aba banyapolitiki bavuga ko bafite impungenge ku byatangajwe na Tshisekedi mu minsi ishize ubwo yavugaga ko Itegeko Nshinga riri gusuzumwa kugira ngo harebwe niba hari ibikwiye kuvugururwa.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa 6 Gicurasi 2026, Perezida Tshisekedi yavuze ko nta gahunda afite yo kurenza manda ebyiri ziteganywa n’Itegeko Nshinga, ariko agaragaza ko abaturage nibabimusaba bazamuha manda ya gatatu, atazabyanga.

Yanavuze kandi ko niba intambara yo mu burasirazuba bwa RDC izaba igikomeje mu mwaka wa 2028, bishobora gutuma amatora y’Umukuru w’Igihugu adatangwa, abigereranya n’uko muri Ukraine amatora atabaye kubera intambara igihugu kirimo n’u Russia.

Ihuriro C64 ryamaganye ayo magambo rivuga ko ashobora gufungura inzira yo guhindura Itegeko Nshinga hagamijwe kongera manda za Perezida.

Ubwo batangizaga iri huriro, abayobozi baryo bashimangiye ko biteguye kurwanya uwo ari we wese wagerageza guhindura ingingo ya 64 y’Itegeko Nshinga, ivuga ko Perezida wa RDC atagomba kurenza manda ebyiri.

Banongeye gusaba ibiganiro byimbitse hagati y’Abanye-Congo kugira ngo haboneke ibisubizo by’ibibazo bya politiki n’umutekano igihugu gifite, bavuga ko ubutegetsi buriho butigeze bwita kuri uwo musanzu.

Abitabiriye uwo muhango bagaragaje imyigaragambyo ya politiki binyuze mu kuzamura amabendera y’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’ibyapa byibutsaga Perezida Tshisekedi ko manda ye ya kabiri izarangira mu 2028 kandi ko agomba kuva ku butegetsi icyo gihe.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments