• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Mu rwuri rwo muri Bangladesh hakomeje kuvugwa inkuru y’ikimasa abaturage bise “Donald Trump” kubera uburyo giteye n’imiterere y’ubwoya gifite ku mutwe bisa n’imisatsi ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.

Nyiri uru rwuri, Ziauddin Mridha, yavuze ko yaguze iki kimasa mu mezi 10 ashize mu isoko ry’amatungo, nyuma murumuna we aza kugiha izina rya Trump kubera “umusatsi” usa n’uw’uyu munyapolitiki.

Abantu benshi bavuga ko iki kimasa gifite ibintu byinshi bigihuje na Trump, cyane cyane ubwoya buri ku mutwe bumeze nk’imisatsi akunze kugaragara yiyogosheshamo.

Nyuma y’uko amashusho yacyo atangiye gusakara ku mbuga nkoranyambaga, abaturage benshi batangiye gusura uru rwuri kugira ngo birebere iki kimasa bavuga ko gisa na Trump.

Umwe mu bacyasuye yavuze ko akimara kubona ifoto yacyo kuri Facebook yahise abona isano iri hagati yacyo na Trump.

Ati: “Ubwoya gifite ku mutwe bumeze neza nk’umusatsi wa Perezida Trump.”

Nubwo bavuga ko bisa, uyu mushyitsi yavuze ko hari itandukaniro rimwe rikomeye hagati y’iki kimasa na Trump.

Ati: “Iki kimasa kiritonda cyane, ibyo bikagitandukanya na Trump.”

Muri uru rwuri kandi harimo indi nka bamwe bavuga ko isa na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu.


Ababonye iki kimasa bavuga ko gisa na Perezida wa Amerika, Donald Trump

 

Iyi nka ibarizwa muri uri rwuri nayo bivugwa ko isa na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments