Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko kugeza ku wa 4 Kamena 2026, abantu 452 bamaze kwandura icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo, barimo 81 kimaze guhitana.
Mu masaha 24 gusa, umubare w’abanduye wiyongereyeho abantu 71,
kuko ku wa 3 Kamena hari hamaze kubarurwa abantu 381 banduye.
Iyi
Minisiteri yavuze ko Intara ya Ituri ari yo yibasiwe cyane n’iki cyorezo, aho
abarenga 94% by’abanduye bose ari abaho. Hari kandi abanduye bake babonetse mu
Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Mu
rwego rwo kwihutisha isuzuma ry’abakekwaho Ebola, ubuyobozi bwatangaje ko
ibipimo byatangiye gusuzumirwa no muri laboratwari iri mu bitaro bikuru bya
Mongbwalu, aho kuba koherezwa gusa muri laboratwari y’igihugu, INRB, iri i
Kinshasa.
Minisiteri
y’Ubuzima yasobanuye ko icyo cyemezo kizafasha kugabanya igihe cyatakazwaga mu
gutegereza ibisubizo by’ibipimo, cyane cyane mu duce twibasiwe cyane
n’icyorezo.
Nubwo
ibikorwa byo kurwanya Ebola bikomeje, haracyari imbogamizi zikomeye zirimo
ibihuha n’abaturage badashaka kwemera ko iki cyorezo kiriho koko. Hari aho
abaturage banga ko imirambo y’ababo isuzumwa cyangwa bakanga gutanga amakuru ku
bafite ibimenyetso bya Ebola.
Ebola
ya Bundibugyo kugeza ubu nta rukingo cyangwa umuti byihariye irabonerwa, gusa
abarwayi bavurwa ibimenyetso byayo kugira ngo bafashwe gukira.
Muri
Uganda na ho iki cyorezo cyagezeyo tariki
ya 15 Gicurasi 2026, aho kugeza ku wa 5 Kamena hari hamaze kuboneka abarwayi
19, barimo babiri bapfuye na bane bakize.
Mu
rwego rwo gufasha ibi bihugu guhangana n’iki cyorezo, ishami ry’umuryango w’abibumbye ryitwa ku buzima WHO na
Africa CDC byemereye
RDC na Uganda inkunga ya miliyoni 518 z’Amadolari azifashishwa mu bikorwa byo
kurwanya Ebola kuva muri Kamena kugeza mu Ugushyingo 2026.
Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros
Adhanom Ghebreyesus yavuze ko ayo mafaranga azifashishwa mu bikorwa
birimo ubuvuzi, gukurikirana abanduye, gukangurira abaturage kwirinda no
kongerera ubushobozi inzego z’ubuzima.