• Amakuru / POLITIKI


Umujyi wa Belfast waranzwe n’imvururu zikomeye ku wa Kabiri, nyuma y’itabwa muri yombi ry’impunzi y’Umunya-Sudan ikekwaho kugira uruhare mu gikorwa cyo gutema umuntu bikomeye kugeza amugejeje hagati y’urupfu n’ubuzima.

Amashusho yakwirakwijwe yagaragaje abashinzwe kuzimya inkongi bahanganye n’umuriro ukomeye nyuma y’uko imodoka nyinshi zitwikiwe mu mihanda ituweho n’abaturage. Ahandi hagaragaye abantu bipfutse mu maso bashyira imihanda bariyeri zahiye ndetse bangiza ibikorwa remezo bitandukanye.

Iyi myigaragambyo yatangiye nk’igikorwa cyo kwamagana ikibazo cy’abimukira bavuga ko bakomeje kwiyongera mu buryo budakurikiranwa neza, ariko biza kuvamo ibikorwa by’urugomo n’ubusahuzi. Hari amakuru avuga ko amazu n’ubucuruzi by’abaturage bakomoka ku moko atandukanye byagabweho ibitero.

Bisi n’izindi modoka na zo zatwikiwe mu bice bitandukanye by’umujyi mbere y’uko polisi ishinzwe guhangana n’imyigaragambyo yinjira mu muhanda kugira ngo itatanye abigaragambyaga.

Mbere y’izi mvururu, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amashusho y’igitero cyakorewe umugabo umwe, aho uwari witwaje icyuma yageragezaga kumutema ku mutwe no ku ijosi. Nyuma y’ibi, Minisitiri w’Intebe w’u Ubwongereza, Keir Starmer, yavuze ko icyo gikorwa “giteye ubwoba kandi kibabaza umutima”.

Polisi yatangaje ko umugabo w’imyaka 30 ukomoka muri Sudan yatawe muri yombi ndetse aregwa kugerageza kwica, ariko ishimangira ko kugeza ubu nta bimenyetso bihari byerekana ko icyo gitero gifitanye isano n’iterabwoba.

Izi mvururu zibaye mu gihe mu Bwongereza hakomeje kuba impaka n’ubushyamirane ku kibazo cy’abasaba ubuhungiro n’abimukira, cyane cyane nyuma y’ibindi bikorwa by’urugomo byagiye bibera hafi y’amacumbi acumbikirwamo abimukira.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments