Umutwe w’Ingabo za Iran uzwi nka IRGC watangaje ko wagabye ibitero ku bigo by’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika biri muri Bahrain, Kuwait na Jordan, nyuma y’igihe cyari gishize ibi bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati bifite agahenge.
Ibitero bya Iran
kuri ibi bihugu byagabwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu. IRGC yavuze ko
biri mu murongo wo kwihorera nyuma y’aho Amerika irashe ku byambu bya Iran
n’ibirwa byayo biri mu muhora wa Hormuz.
Ibi bitero bishya bya Amerika byagabwe kuri Iran bitegetswe na
Perezida Donald Trump washinje Iran kurasa indege y’intambara y’igihugu cye mu
ijoro ryo ku wa Kabiri.
Iran ivuga ko atari yo yarashe iyi kajugujugu yo mu bwoko bwa
‘Apache’.
Mu itangazo IRGC yashyize hanze, yavuze ko muri ibi bitero
yifashishije indege zitagira abapilote, irasa ibirindiro bya Amerika byitwa US
Fifth Fleet biri muri Bahrain, ibya Ali Al Salem biri muri Kuwait.
Mu kurasa ku birindiro bya Azraq biri muri Jordan, Iran bwo
yifashishije ibisasu bya missile bifite ubushobozi bwo kugenda intera ndende.
IRGC yakomeje ivuga ku mu bipimo 21 yari igambiriye yahamijemo
bine birimo n’indege y’intambara ya F-35 yari iparitse muri Jordan. Yavuze ko
kandi yarashe drone yo mu bwoko bwa US MQ-9 yari mu kirere cya Iran mu mujyi wa
Jam.
Kugeza ubu Iran ivuga ko yiteguye gukomeza no kongerera ubukana
ibi bitero byayo mu gihe cyose Amerika itahagarika kuyirasaho.
Amerika ntacyo iratangaza kuri ibi bitero bya Iran ku
bafatanyabikorwa bayo bo mu Burasirazuba bwo Hagati.
Bahrain na Kuwait byemeje iby’ibi bitero Iran yigambye
kubigabaho.
Kongera guhangana kwa Amerika na Iran kuje nyuma y’iminsi mike
ubutegetsi bwa Tehran burasanye n’igisirikare cya Israel.
Intambara ihanganishije izi mpande yatangiye ku wa 28 Mata 2026,
nyuma y’aho Amerika na Israel bifashe icyemezo cyo kurasa Iran, mu bitero
byaguyemo abayobozi batandukanye barimo n’uwari Umuyobozi w’Ikirenga, Ali
Khamenei.
Iran ntiyari iherutse kurasa ku bihugu byo mu Burasirazuba bwo
Hagati kuko yo na Amerika byari byaremeranyije ku gahenge k’iminsi 60, mu gihe
hakiganirwa ku masezerano yo guhagarika intambara burundu.