Umunyarwenya
akaba n’umukinnyi wa filime Clapton Kibonke yavuze ko adashyigikiye imyitwarire
y’abafana bahora bahanganisha The Ben na Bruce Melodie, ashimangira ko aba
bahanzi bombi bakunzwe ku buryo badakeneye kwishyurira abafana ngo
babashyigikire.
Kibonke
yabigarutseho nyuma y’ibihuha byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko
The Ben yaba yaramuhaye amafaranga kugira ngo ayakoreshe mu gushakira umuhanzi
abafana mu gitaramo Country Summer Tour yahuriyemo na Bruce Melodie,
cyabereye i Musanze ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2026.
Mu
kiganiro Sunday Choice gitambuka kuri Isibo TV cyatambutse mu ijoro
ryo ku Cyumweru tariki ya 14 Kamena 2026, Kibonke yahakanye yivuye inyuma ibyo
bivugwa.
Ubwo yari
abajijwe niba yarahawe amafaranga na The Ben kugira ngo yishyure abantu
bamufane, Kibonke yavuze ko ibyo atari byo. Ati: “Buriya twebwe ntabwo
twishyurwa, ahubwo ni abantu dukunda.”
Yakomeje
asobanura ko The Ben na Bruce Melodie ari abahanzi bafite izina rikomeye ndetse
bafite abakunzi benshi ku buryo nta mpamvu yo kwishyura abantu ngo
babashyigikire. Yagize ati: “Aba bahanzi bombi barakunzwe. Nta mpamvu yo
kwishyura abantu ngo babakunde cyangwa ngo babafane, cyane cyane ko igitaramo
ubwacyo kwinjiramo byasabaga kugura itike.”
Kibonke yanagarutse
ku makimbirane akunze kugaragara hagati y’abafana b’aba bahanzi, agaragaza ko
atabyishimira. Ati: “Njye ndi umufana wa Melodie nkaba umukunzi wa The Ben. Ben
nta bafana agira, twese turi abakunzi; Melodie ni we ugira abafana.”
Yavuze ko
hari bamwe mu bafana ba Bruce Melodie bakunze gushyira imbaraga nyinshi mu
kunenga cyangwa kwibasira The Ben aho kwibanda ku gushyigikira ibikorwa
by’umuhanzi bakunda.
Kibonke
yavuze ko ibikorwa bimwe na bimwe byagiye bigaragara ku mbuga nkoranyambaga
byerekana uko bamwe mu bafana bibanda ku guhangana aho kwerekana urukundo
rw’umuziki. Yatanze urugero rw’amashusho yakwirakwijwe agaragaza umunyarwenya
Pirate yambika umuntu ikiziriko mu ijosi amugereranya n’igisamagwe, ibintu
bamwe bafashe nk’uburyo bwo kunenga cyangwa gushotora The Ben, usanzwe ukoresha
izina rya “Tiger”.
Yasabye
abafana b’aba bahanzi gukomeza gushyigikira abo bakunda birinda ibikorwa
bishobora guteza amacakubiri cyangwa amakimbirane hagati y’abakunzi b’umuziki
nyarwanda.
Like This Post? Related Posts